Ubutaliyani bugiye gushyira mu bikorwa ingamba 6 zo koroshya gahunda ya Guma mu rugo

Leta y’Ubutaliyani, kuri uyu wa 26 Mata 2020 yatangaje ko igiye koroshya amategeko akomeye yari yarashyizweho mu byumweru birindwi bishize hagamijwe gukumira no kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19. Ni nyuma yo kubona ko imibare y’abapfa buri munsi yagabanutse cyane guhera mu kwezi kwa Gatatu.

Minisitiri w’intebe w’Ubutaliyani, Giusepe Conte yavugiye kuri Televiziyo ko ibyo bizatangira tariki 04 Gicurasi 2020, aho abantu bazemererwa gutangira gusurana ariko ari bacyeya kandi bambaye udupfukamunwa.

Mu bizaba byemewe gufungurwa nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, harimo za Pariki ariko amashuri yo, aracyakomanyirijwe kugeza mu kwezi kwa cyenda ubwo ashobora kuzemererwa gutangira.

Dore ibintu bitandatu bigiye koroshywa nkuko Minisitiri w’Intebe Conte yabitangaje;

  • Abantu bazemererwa kugenda hagati mu karere kabo ariko kujya mu tundi turere bitazaba byemewe
  • Gushyingura bizongera kwemerwa, ariko bikorwa n’abantu batarenze 15 kandi bikorerwe hanze
  • Abakora siporo ku giti cyabo bazemererwa kwitoza, abantu bose nabo bemerererwe gukorera siporo hanze y’ingo zabo
  • Utubari n’inzu z’uburiro bizafungura ariko gusa umuntu agura ibyo atwara – atari ukubimushyira nk’uko bimeze ubu – ibiryo ni ukubirira mu rugo cyangwa mu biro
  • Kuva tariki 01/06/2020 nibwo biteganyijwe ko utubari, inzu z’uburiro n’inzu zitunganya ubwiza bizongera gufungura bisanzwe.
  • Amakipe y’imikino azongera gutangira kwitoza hamwe tariki 18/05

Ntihatangajwe igihe shampiyona y’umupira w’amaguru mu Butaliyani ishobora gutangirira.

Bwana Conte yavuze ko ibikorwa byo kwirinda guhura kw’abantu benshi bizakomeza mu yandi mezi ari imbere, nk’insengero zizakomeza gufungwa. Yasabye abantu gukomeza kutegerana nibura ku ntera ya 3m. Ati: “Niba ukunda Ubutaliyani ha intera mugenzi wawe”.

Ejo ku cyumweru, Mu Butaliyani hapfuye abantu 260, umubare muto ku munsi kuva tariki 14/03/2020. Abo iyi ndwara imaze guhitana bose ni 26,644, nibo benshi mu Burayi.

Abamaze kwandura Covid-19 mu Butaliyani ni 197,675 nk’uko bivugwa n’imibare ya kaminuza ya Johns Hopkins.

Abategetsi mu Butaliyani bavuga ko ikigereranyo cy’abantu umuntu ufite iyi virus ubu yanduza kigeze hasi, ko ariyo mpamvu bagiye koroshya amategeko asanzweho.

intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →