• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
24/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
24/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
24/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
24/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana

Nyanza: Umwana w’imyaka 17 akurikiranweho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’umwaka umwe

Umwanditsi
May 17, 2020

Mu mudugudu wa Rugarama, Akagali ka Rwesero, Umurenge wa Busasamana ho mu karere ka Nyanza kuri uyu wa 16 Gicurasi 2020, haravugwa umwana w’umuhungu ufite imyaka 17 y’amavuko watawe muri yombi n’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB). Arakekwaho guta mukidendezi cy’amazi umwana w’umwaka umwe agapfa.

Amakuru kuri uru rupfu, avuga ko mu masaha y’umugoroba umwana w’umuhungu witwa Nderimfasha Fabrice(watawe muri yombi) yagiye iwabo wa Ndayishimiye Jean Claude (Nyakwigendera) amusangayo ari kumwe na nyina umubyara, amusaba ko bajyana gutashya(gutora inkwi) nk’uko n’ubundi bari basanzwe bagendana.

Iwabo wa Nyakwigendera.

Bageze mu ishyamba (hari ni ikidendezi cy’amazi) ngo amusiga yicaye hafi y’icyo kidendezi ajya gutora ibiturusu nyuma akebutse asanga umwana yaguye muri icyo kidendezi nk’uko abaganiriye n’umunyamakuru wa intyoza.com babitangaje.

Umwe ati”Nanjye narindi aho ntora inkwi muri iryo shyamba numva Fabrice niwe uguyemo tujya kureba dusanga hituyemo umwana wari wateretswe nko mu ntambwe eshatu uvuye aho ikidendezi kiri”.

Ikidendezi cy’amazi uyu Nyakwigendera yaguyemo.

Undi nawe yagize ati” Fabrice yagiye gutora umwana noneho amurambika hasi ajya gutora ibiturusu, nyuma arebye inyuma abona umwana yaguye mu mazi yihutira kumukuramo amukanda mu nda areba ko amazi yamusohokamo natwe turatabara bamujyana kwamuganga agwayo”.

Aya makuru kandi yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana Bwana Egide Bizimana, aho yavuze ko abaturanyi bakimenya ko umwana aguye mu mazi bihutiye kumujyana kwa muganga agwayo naho ukekwaho kumujugunya mu mazi akaba yatawe muri yombi na RIB.

Yagize ati” Jean Claude yaguye mu kinogo cy’amazi atawemo na mugenzi we bimuviramo gupfa aho Nyina yari yamumusigiye ajya mu rugo agarutse abaturage bamubwira ko umwana we bamutaye mu mazi ukekwaho kumutamo ari kuri RIB”.

Iwabo w’ukekwaho guta Nyakwigendera mu mazi y’ikidendezi.

Ubusanzwe iki kidendezi cy’amazi nyakwigendera yaguyemo kegereye ingo z’abaturage cyazanwe ni uko bahacukuraga umucanga, aho imvura igwiriye huzuramo amazi. Gitifu Egide akomeza avuga ko bagiye gushaka umuti wa burundu wo kuba kitakongera gutera impanuka, aho bagiye kwihutira kugisiba cyangwa se bakareba uburyo amazi yavanwamo.

Si rimwe si kabiri cyangwa gatatu mu bice bitandukanye humvikanye impfu z’ahato n’ahato bitewe no kugwa mu mazi, abegereye iki kidendezi Nyakwigendera yaguyemo bavuga ko ari ahantu abana baturutse mu midugudu itandukanye y’akagali ka Rwesero muri uyu murenge wa Busasamana bakunze kuza kwidumbaguza.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5820 Posts

Politiki

4071 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

140 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga