Burundi: Ndayishimiye Evariste watsinze by’agateganyo amatora y’umukuru w’Igihugu ni muntu ki?

Ndayishimiye Evariste, asanzwe ari umunyamabanga mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, aho uyu mwanya awuriho kuva mu kwezi kwa Munani k’Umwaka wa 2016. Ni umuntu ufatwa nk’uwegereye cyane (soma mbike) wa Perezida Pierre Nkurunziza aje gusimbura. Benshi banahamya ko ari nawe wamuteguye. Afite ipeti rya Jenerali.

Ndayishimiye Evariste, w’imyaka 52 y’amavuko, yavukiye muri komine Giheta mu ntara ya Gitega iri rwagati mu Burundi. Ni nayo irimo usigaye ari umurwa mukuru w’Igihugu ari wo Gitega.

Azwi nk’umwe mu bari abasirikare bakomeye ubwo ishyaka CNDD-FDD ryari rikiri umutwe w’inyeshyamba, mu ntambara yadutse mu Burundi nyuma y’iyicwa rya Melchior Ndadaye, Perezida wa mbere wari utowe mu buryo bwa demokarasi mu kwezi kwa cumi mu 1993, amaze amezi atatu ku butegetsi.

Ndayishimiye, ari mu barokotse ubwicanyi bwakorewe abanyeshuri b’Abahutu kuri Kaminuza y’u Burundi mu kwezi kwa gatandatu mu 1995, bituma asanga abandi barwanyi b’uwo mutwe w’inyeshyamba, icyo gihe witwaga CNDD, ishami ryawo rya gisirikare rikitwa FDD.

Uwo mutwe wari uyobowe na Léonard Nyangoma wawushinze mu 1994.

Nyuma yaho uwo mutwe wiswe CNDD-FDD umaze kwinjira mu masezerano y’amahoro y’i Arusha muri Tanzania mu mwaka wa 2000, Jenerali Majoro Ndayishimiye yakoze mu biro bikuru bya gisirikare.

Nyuma yaje kugirwa Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu kuva mu 2006 kugera mu 2007, mbere yuko agirwa umunjyanama mu bya gisirikare mu biro bya perezida.

Yashakanye na Angélique Ndayubaha, ubu bakaba bafitanye abana umunani.

Mu kwiyamamaza kwe, Bwana Ndayishimiye yashyize imbere gahunda zirimo ibijyanye no gukomeza inzego z’umutekano n’ubwirinzi, gukomeza urwego rw’ubucamanza, imiyoborere myiza, imibereho y’abaturage, ibijyanye n’urwego rw’ubuzima, kurwanya ibura ry’akazi (ubushomeri/chômage), guteza imbere ibijyanye no kubungabunga ibidukikije, umuco n’imikino.

Mu kwiyamamaza kwe kandi nkuko BBC dukesha iyi nkuru ikomeza ibivuga, Ndayishimiye yagarutse kuri gahunda z’ubukungu bushingiye ku buhinzi n’ubworozi, umutungo kamere, ubucuruzi, gutwara abantu n’ibintu, n’ibijyanye n’inganda.

Evariste Ndayishimiye yasezeranyije gukomeza umubano n’amahanga ndetse n’umubano hagati y’u Burundi n’imiryango itandukanye.

Soma hano inkuru ivuga ku matora yatsinzwe by’agateganyo na Ndayishimiye Evariste:Burundi/amatora: Ndayishimiye Evariste yatangajwe by’agateganyo ko yatsinze amatora n’amajwi 68,72%

intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →