• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Rubavu: Ukekwaho gucuruza urumogi yafatanwe udupfunyika 3,000 twarwo atujyane Kamonyi

Umwanditsi
June 6, 2020

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 05 Kamena 2020, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu yafashe ukekwaho gucuruza urumogi, yafatanwe udupfunyika 3000. Uru rumogi rwafatanwe uwitwa Kwizera Bosco ufite imyaka 30 y’amavuko, afatirwa mu murenge wa Nyundo, Akagari ka Terimberi. 

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi yavuze ko kugira ngo Kwizera afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Umwe mu bashinzwe umutekano w’abatwara abagenzi ku magare mu mujyi wa Gisenyi yabonye uriya Kwizera afite imizigo aramukeka ahita abimenyesha Polisi.”

CIP Karekezi, akomeza avuga ko abapolisi bari mu karere ka Rubavu bakurikiranye Kwizera basaka imitwaro ye basanga harimo udupfunyika ibihumbi bitatu tw’urumogi.”

Kwizera akimara gufatwa, yavuze ko yari yahawe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 kugira ngo akwirakwize urwo rumogi arukuye mu karere ka Rubavu arujyana mu karere ka Kamonyi aho yagombaga guhurira n’abo yagombaga kuruha.

Kwizera avuga ko yari asanzwe ajya mu gihugu cya Repubulika ihanira Demokarasi ya Congo akajya kugurayo inkweto ari naho yahuriye n’umuntu wamushyize mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge, nyiri ibiyobyabwenge akaba atuye mu mujyi wa Kigali.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba arashimira abaturage barimo gufatanya n’inzego z’umutekano mu kurwanya ibiyobyabwenge. Yagize ati”Inzego z’umutekano zirimo gukorana n’abaturage cyane kugira ngo batahure abakwirakwiza ibi biyobyabwenge ndetse banashyikirizwe ubutabera. ”

Kwizera Bosco, nkuko urubuga rwa Polisi y’u Rwanda dukesha iyi nkuru rubivuga, yashyikirijwe urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) ikorera muri sitasiyo ya Mukamira kugira ngo akorerwa idosiye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga