Covid-19: Abamotari bashobora kwisanga basubijwe mu ngo zabo

Abatwara abagenzi kuri Moto nyuma yo gukomorerwa bagasubira mu muhanda gutwara abagenzi, bakomeje gushyirwa mu majwi mu kunyuranya n’amabwiriza n’ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Mu gihe ngo byagaragara ko bari mu bakwirakwiza iki cyorezo, nta kabuza bashobora kwisanga akazi kabo gahagaritswe bagasubizwa mu ngo nkuko Minisitiri w’Ubuzima yabitangaje.

Dr Ngamije Daniel, Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda avuga ko bamwe mu batwara abagenzi kuri Moto bakomeje kwitwara nabi mu birebana no kubahiriza amabwiriza yo gukumira no kwirinda icyorezo cya Covid-19. Ibi ngo bishobora gutuma basubizwa mu ngo zabo aho gukomeza kubangamira gahunda za Leta.

Yagize ati“ Hari abamotari bamwe na bamwe bari kugaragaraho kurengera, bagafata uriya muti ubundi wateganijwe kugira ngo abantu babashe kuwukoresha, aho kugira ngo bawushyiremo cyangwa se igihe bamaze kuwukoresha washiramo bagashyiramo amazi. Nibasigeho birinde kugumya kurengera amabwiriza kuko ibintu bishobora gutuma n’ibyemezo byafashwe bisubirwaho kuko haramutse hagaragaweho ko bari mubashobora gukwirakwiza iriya ndwara ntacyabuza ko ibyemezo byafatwa byo kongera kubasubiza mu ngo zabo aho kugira ngo bagumye gukora akazi kabo”.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije, avuga ko mbere y’uko aba bamotari basubira mukazi kabo babyumvikanyeho ndetse n’amashyirahamwe yabo abizi neza. Asaba ko bubahiriza amabwiriza ahari n’ingamba zafashwe mu rwego rwo kwirinda, bitaba ibyo mu gihe abandura bakomeza kwiyongera kandi bikagaragara ko Abamotari babifitemo uruhare, ibyemezo byo kubasubiza mu ngo akazi kabo kagahagarara ngo byabafatirwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →