USA/Minneapolis: Igitero cy’imbunda cyahitanye umuntu umwe abarenga 10 barakomereka

Mu mujyi wa Minneapolis, muri leta ya Minnesota, ho muri Leta zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa 21 Kamena 2020 abitwaje imbunda bataramenyekana bagabye igitero bararasa, bica umuntu umwe bakomeretsa abandi 12.

Amashusho yafashwe iki gitero kiba agashyirwa hanze ku mbuga nkoranyambaga, yerekana ko abantu baryamye hasi basaba ubufasha. Yarimo kandi inzu yabomaguwe amadirisha ndetse n’imodoka zamenaguwe ibirahure.

Amakuru y’ikihishe inyuma y’icyo gitero ndetse n’ababa bakekwa kuba aribo bigikoze ntaramenyekana. Gusa, Polisi ya Minneapolis ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yemeje iby’icyo gitero, ivuga ko abakomeretse aho bari mu bitaro barimo baragarura agatege.

Umujyi wa Minneapolis wabereyemo iki gitero nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza, hamaze iminsi hari umwuka utari mwiza wakuruwe n’urupfu rw’umwirabura George Floyd wishwe n’umupolisi w’umuzungu ubwo yamushyiraga hasi akamushinga ivi ku ijosi kugera ashizemo umwuka.

Hagati aho, tukivuga ku by’iyo dosiye ya Floyd, imyigaragambyo y’abasaba ko ivanguraruhu n’ingufu Polisi ikoresha mu banyagihugu bihagarara mu mpera z’iki cyumweru dushoje yongeye gukazwa mu bice bitandukanye.

Abaraye bigaragambije mu murwa mukuru i Washington DC mu nkengero z’ingoro ya Perezida, basenyuye ishusho ya Albert Pike, umwe mu bategetsi bo hambere bari bashyigikiye ubucakara.

Nubwo imibare ku bakomeretse bimwe mubitangazamakuru muri Amerika bitayihurizaho kuko bimwe byandika ko hakomeretse 12 ibindi bikandika 11, Polisi muri uyu mujyi wa Minneapolis yatangaje ko hapfuye umuntu umwe hagakomereka 11. Itangaza kandi ko iki gitero ntaho gihuriye n’urupfu rwa George Floyd uherutse kwicwa n’umupolisi, urupfu rwe rugakurikirwa n’imyigaragambyo yahinduye byinshi. Ivuga kandi ko iperereza rigikomeje.

Photo/CNN

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →