Covid-19: Ntidushobora gutsinda iki cyorezo mu gihe Isi idashyize hamwe-Dr Tedros Adhanom wa OMS

Umuyobozi mukuru w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ati “ikibazo kidukomereye cyane kurusha ibindi si virusi ubwayo, ni ibura ryo gushyira hamwe n’ubuyobozi ku rwego rw’isi”. Agaragaza ko mu gihe nta gushyira hamwe no gutsinda iki cyorezo kibasiye Isi biragoye.

Mu kiganiro cyo mu buryo bwa video, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yagize ati: “Ntidushobora gutsinda iki cyorezo [cya coronavirus] mu gihe isi idashyize hamwe“.

Nubwo Dr Tedros atigeze avuga kuri Perezida Donald Trump w’Amerika by’umwihariko, mu kwezi gushize kwa gatanu Perezida Trump yavuze ko igihugu cye kigiye guhagarika inkunga kigenera OMS.

Igihugu cya Leta zunze Ubumwe za Amerika ni cyo gitera inkungu nyinshi cyane iri shami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima-OMS kurusha ibindi bihugu. Mu mwaka ushize Amerika yarihaye inkunga irenga miliyoni 400 z’amadolari.

Perezida Donald Trump nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yavuze ko OMS/WHO yahindutse igikoresho cy’Ubushinwa. Yagize ati: “Ubushinwa bwigaruriye burundu umuryango mpuzamahanga w’ubuzima“. Kubwa Perezida Trump ngo ntabwo igihugu ayoboye cyakomeza gukorana n’uyu muryango mu gihe nta mpinduka.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →