• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
07/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
07/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
07/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Icyorezo cya Ebola ntikikirangwa mu burasirazuba bwa DRC

Umwanditsi
June 25, 2020

Abategetsi ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo batangaje ko icyorezo cy’indwara ya Ebola kimaze imyaka igera muri itatu kiyogoza uburasirazuba bw’iki gihugu cyarangiye. Abantu barenga ibihumbi bitatu barakirwaye mu gihe abasaga ibihumbi bibiri cyabahitanye.

Dr Longondo Eteni, Minisitiri w’Ubuzima wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo-DRC wari I Goma ho mu burasirazuba bw’iki gihugu kuri uyu wa 25 Kamena 2020, yatangaje ku mugaragaro ko icyorezo cya Ebola cyarangiye, ko kitakirangwa mu burasirazuba bw’iki gihugu.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru yatangaje ko Minisitiri Longondo yashimiye ubwitange n’uruhare byaranze buri wese muri uru rugamba rutari rworoshye, ariko by’ubwihariko uruhare rw’imiryango mpuzamahanga itandukanye ku nkunga y’uburyo bwose yafashije kurwanya iki cyorezo.

Avuga ko ukwitanga no kugira icyerekezo byabafashije gutsinda uru rugamba ko kandi bafite umukoro wo gukomeza gutsinda ibibabera inzitizi mu kugera ku iterambere ry’igihugu.

Icyorezo cya Ebola cyatangajwe bwa mbere kuwa 01 Kanama 2018, abagiketsweho ni 3463, mu gihe 3317 byemejwe ko bakirwaye. Muri aba bahamijwe ko bakirwaye, cyahitanye 2277 nkuko byatngajwe na Dr Longondo Eteni, Minisitiri w’Ubuzima wa DRC.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga