• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Abanyasudani bubuye imyigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi bw’Igisirikare

Umwanditsi
July 1, 2020

Abaturage mu gihugu cya Sudani kuri uyu wa 30 Kamena 2020 bagiye mu myigaragambyo mu mihanda babarirwa mu bihumbi. Baravuga ko bamagana ubutegetsi bw’Igisirikare, bakaba bashaka gutegekwa n’Abasivile. Bashinja igisirikare ubundi cyafashe ubutegetsi mu gihe cy’inzibacyuho kutarekura ubutegetsi ngo buhabwe abasivili.

Muri Sudani, abantu ibihumbi n’ibihumbi baraye bakoze imyigarambyo mu murwa mukuru Khartoum, no mu yindi mijyi itandukanye nka Omdurman, kugera no muri Darfur mu burengerezuba bw’igihugu, batitaye ku mabwiriza ya guma mu rugo kubera icyorezo cya virusi ya Corona.
Abigaragambya, bafite amabendera y’igihugu, baririmbaga cyane cyane ngo “ukwishyira kwizana, amahoro, ubutabera” nko muri revolisiyo ya rubanda yahiritse Perezida Omar al-Bashir mu mwaka ushize wa 2019. Muri make, barasaba ko igihugu kiyoborwa n’abasivili kurusha uko bimeze muri iki gihe.
Kuri ubu butegetsi abigaragambya bavuga ko ari ubw’Abasilikali, nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza, ku isonga hari General Abdel Fattah Abdelrahmane al-Burhan nk’umukuru w’igihugu, basangiye ubutegetsi bw’inzibacyuho n’abasivili, barimo Minisitiri w’Intebe Abdallah Hamdok.

Abaturage, mu kwigaragambya ngo ni uko bareba bagasanga abasilikali badashaka kwihutira gushyiraho izindi nzego za gisivili, nk’inteko ishinga amategeko na ba guverineri ba leta zigize Sudani.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga