Meya w’Umujyi wo muri Colombia yafungishije umuhungu we warenze kuri“ Guma mu rugo”

Umuyobozi w’umujyi umwe wo mu gihugu cya Colombia, yafashe icyemezo gikomeye cyo gufungisha umwana we w’umuhungu amuziza kurenga ku mabwiriza ya “Guma mu rugo” mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus. Ibi byatumye uyu mutegetsi ashimwa na benshi ku bw’iki gikorwa we avuga ko yakoze ngo bibe isomo no kubandi.

Uyu mu Meya witwa Carlos Higgins Villanueva, avuga ko ibyo yabikoze kugira ngo atange urugero. Yanditse ku rubuga rwa Twitter ati: “Umuryango wanjye niwo utegerezwa kuba uwa mbere mu kubahiriza amategeko“.

Muri Colombia, abantu bashyika 95.000 bamaze kwandura iki cyorezo, abarenga 3.500 nabo bamaze guhitanwa nacyo.

Intara ya Atlántico iri mu majyaruguru y’icyo gihugu ari nayo irimo uwo mujyi muto wa Juan de Acosta uyoborwa na Bwana Higgins, iza ku mwanya wa kabiri muzifite umubare munini by’abanduye Coronavirus.

Bwana Higgins, yerekanye amashusho yiwe yitwariye kuri Polisi umuhungu we, umwishywa we hamwe n’uwundi mugabo avuga ko ” Magara ntusige/Inshuti magaraga“, aho yahise asaba abapolisi ko “bakora akazi kabo ko guhana abarenga ku mategeko mu gihe cyose babonye bikenewe“.

Abo bantu batatu bose bafashwe amashusho/video bari mu birori byo guhimbaza umunsi wahariwe abagabo. Ibyo birori uretse ko byabaye mu masaha abantu babujijwe gutembera, byarimo binagurishirizwamo inzoga, ibintu binyuranije n’ingingo yari yafashwe na Leta yo kubuza inzoga icyo gihe.

Bwana Higgin yanditse kuri Twitter ati: “Umuryango wanjye ni wo wa mbere ugomba kubahiriza izi ngingo. Sinzabemerera ko bashyira ubuzima bw’abanyagihugu mu ngorane kubera gusa bishakira kunywa”.

Akomeza ati“ Mfite abandi bana bato, rero ingorane ni uko ashobora kuzana iyo Virus mu rugo igihe yayandura. Nshatse gutanga urugero kugira ngo n’abandi babonereho ko bagomba kubahiriza amategeko“.

Meya Higgins (yambaye agapira gatukura) avuga ko yabikoze kugira ngo atange urugero.

Aba bafashwe barenze ku mategeko, BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko bategetswe gukora ibikorwa byo kwitangira igihugu.

Abategetsi b’umujyi bahise bafatira urugero kubyo umukuru wabo yakoze ndetse bahita banatangiza ubukangurambaga bise: “Ndakubonye uri mu kirori, urimo uranywa inzoga, hanze yo mu rugo, wagiye gusura cyangwa wakiriye abashyitsi cyangwa ukina umupira, nzahita nkurega bagutware kuri Polisi”. Icyemezo cya Meya w’Umujyi, cyashimwe cyane na benshi bavuga ko yatanze urugero rwiza rwo kubahiriza amategeko kuri buri wese.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →