Coronavirus: Abamotari muri Uganda bajyanye Leta mu rukiko

Abakora akazi ko gutwara abantu kuri moto-Abamotari mu gihugu cya Uganda bareze Leta mu rukiko ko yababujije kongera gukora akazi kabo. Bavuga kandi ko mu gihe Leta yabafatiye izi ngamba ntacyo kubatunga yabateganyirije muri iki gihe badakora.

Ishyirahamwe ry’abamotari, rivuga ko Leta ya Uganda iri kuvangura ubushabitsi ikemerera abakora ubundi bushabitsi bwose gukora ibyabo nubwo hari amabwiriza bahawe.

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yemeye ko imodoka zitwara abagenzi muri rusange zongera gukora zitwara kimwe cya kabiri cy’ubushobozi bwazo kugira ngo abantu bategerana.

Gusa, yavuze ko byaba ari kare cyane kwemerera abatwara abantu kuri moto, avuga ko urebye nta mwanya uba uri hagati y’utwaye n’utwawe. Icyo moto zemerewe gukora ni ugutwara imizigo.

Abakora aka kazi bamaze iminsi bamagana icyo cyemezo kibakumira mu muhanda. BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko aba bamotari bavuga ko guverinoma nta mafaranga ibaha yo kubatunga muri iki gihe badafite aho bakura kubera icyo cyemezo. Ikirego abamotari barega leta, cyashyikirijwe urukiko rukuru rwa Kampala.
Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →