• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Indege za Pakistani zahagaritswe ku butaka bwa Amerika kubera magendu ikorwa n’Abadereva bazo

Umwanditsi
July 12, 2020

Leta zunze Ubumwe z’Amerika zafashe icyemezo cyo guhagarika ku butaka bwayo ingendo zose z’indege z’Igihugu cya Pakistani- Pakistan International Airlines (PIA). Ni icyemezo gifashwe bitewe n’amaperereza Amerika ivuga ko yakoze igasanga abadereva b’izi ndege bafite ibyangombwa bihimbano/baforoze bibemerera kuzitwara.

Leta ya Amerika, isobanura ko yafashe iki cyemezo nyuma y’amaperereza yerekanye ko kimwe cya gatatu cy’abadereva b’izo ndege bafite ibyangobwa byo gutwara indege bya magendu. Icyemezo cya Amerika kije gikurikira icy’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi, wabaye uhagaritse izo ndege mu gihe cy’amezi atandatu.

Igihugu cya Pakistani ntigihakana ko abadereva bacyo batujuje ibisabwa byo gutwara indege: Mu kwezi gushize kwa Gatandatu uyu mwaka wa 2020, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko Minisitiri ushinzwe iby’abinjira n’abasohoka mu gihugu yivugiye ko amaperereza yakozwe na Leta yerekanye ko ku ba Dereva b’indege 860 icyo gihugu gifite, 260 bafite ibyangombwa bya magendu/bihimbano, abafite iby’ukuri nabo bakaba ngo barabibonye babanje kwiba ibibazo bibahesha kwitwa abadereva.

Impanuka ya nyuma y’ikompanyi y’indege PIA yo mu kwezi kwa Gatanu k’uno mwaka wa 2020 yahitanye abagenzi bagera ku ijana. Amaperereza yerekanye ko iyo mpanuka yatewe n’ubumenyi buke buvanze n’ugusamara kw’abadereva bari bayiyoboye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga