• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/07/25
Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye-Me Jean Paul Ibambe
19/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: URUGAGA RW’ABAYOBOZI ku Mudugudu rwabaye igisubizo ku mibereho myiza y’Umuturage
19/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
19/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira

Kamonyi: Ntaho ngiye, nzahindura ibiro ariko tuzakomeza kubana-Governor Kayitesi

Umwanditsi
July 14, 2020

Kayitesi Alice wari meya wa Kamonyi akazamurwa kuba Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, kuri uyu wa 14 Nyakanga 2020 yijeje Tuyizere Thaddee wamusimbuye mu nshingano ko nubwo azamuwe, ariko icyo akoze ari uguhindura ibiro gusa. Yasabye Tuyizere n’abo bakorana kurushaho gukora no guteza imbere kamonyi, bagashyira imbaraga hamwe.

Guverineri Kayitesi, yagize ati“ Ibyo twagezeho byose twarabifatanije. Ndashimira umurava waturanze, umutima nama watuyoboraga ndetse no kugira ishyaka ryo kurangiza ibyo twatangiye. Turacyari kumwe, ntaho ngiye, nzahindura ibiro ariko tuzakomeza kubana”. Yakomeje abasaba kubungabunga ibyagezweho.

Yasabye ko mubigomba gushyirwamo imbaraga cyane bagomba gushyira ku Isonga umutekano w’Abaturage n’ibyabo, bafatanije n’izindi nzego, Gukomeza gukemura ibibazo by’abaturage kandi bagahabwa umwanya wo kubigiramo uruhare, Gushyira imbaraga mu gutuma abaturage bose ba Kamonyi bagira uburyo bwo kwivuza, Kwihutisha iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri, gushyira imbaraga mu kurangiza ibibazo byose bibangamiye imibereho myiza y’umuturage n’ibindi.

Guverineri Kayitesi, yagaragaje ko yizeye ikipe asize muri aka karere ka kamonyi, kuko azi neza ko nishyira hamwe izagera kuri byinshi biruta ibyo bageranyeho.

Governor Kayitesi ageza ijambo kubitabiriye uyu muhango.

Tuyizere Thaddee, usanzwe ari umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, akaba ariwe ugiye kubifatanya no kuba umuyobozi w’agateganyo w’aka karere, yijeje uwo asigariye mu mirimo ko nta kizahungabana.

Yagarutse ku magambo ari mu ndirimbo y’akarere ka kamonyi nk’Abesamihigo maze agira ati“ Murabizi ko indirimbo y’Abesamihigo ivuga ngo “ Kamonyi uri Rudasumbwa”, isoza ivuga ngo Njyanama na Nyobozi turuzuzanya, igasoza ivuga ngo, Abayobozi n’abayoborwa turuzuzanya, Ibyiciro bitandukanye turuzuzanya, ubwo bwuzuzanye rero tuzakomeza tubushingireho, Kamonyi dukomeze kwesa Imihigo”.

Tuyizere Thaddee

Tuyizere, yeruriye imbaga yari yaje muri uyu muhango ko inshingano ahawe zitoroshye, ariko kandi anavuga ko ku rundi ruhande zoroshye kuko afite aba bose barimo na Guverineri asimbuye. Ati“ Inshingano mu mpaye ntabwo zoroshye, ni inshingano ngiye guhuza n’izindi ariko na none ziroroshye kuko mbafite. Mu by’ukuri ndabizeza ko nta cyuho kizigera kigaragara mu karere kacu”.

Guverineri Kayitesi Alice, yashyizwe kuri uyu mwanya kuwa 07 Nyakanga 2020 avuye ku mwanya wo kuba Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi nawo yatorewe kuwa 17 Ugushyingo 2017. Yatorewe kuba Meya avuye mu nzego z’umutekano (ubutasi-NISS) aho yabanje gukorera Kamonyi, akajya Muhanga ariho yavuye aza kuba Meya wa Kamonyi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5835 Posts

Politiki

4086 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1000 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga