• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
25/03/26
Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro
25/03/26
Minisitiri Uwimana Consolée, ati“ Akarere ka Kamonyi gashobora kuba karatekereje ko kageze iyo kajyaga”
25/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
25/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene

Umunyarwanda akurikiranweho gutwika Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero na Pawulo

Umwanditsi
July 19, 2020

Umugabo w’umunyarwanda uri mu myaka isaga 30 y’amavuko, yatawe muri yombi mu gihugu cy’Ubufaransa aho akekwaho kugira uruhare mu nkongi y’umuriro wibasiye Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero na Pawulo i Nantes ho mu Bufaransa mu gitondo cyo kuwa 18 Nyakanga 2020.

Uyu mugabo w’Umunyarwanda nkuko ikinyamakuru lefigaro.fr kibisobanura, yari asanzwe ari umukorerabushake, kandi akaba umwizerwa muri iyi kiriziya nkuko ubuyobozi bwayo bwabivuze. Uyu ni nawe ngo wari ufite imfunguzo agomba kuyikinga ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki 17 Nyakanga 2020.

Nta byinshi byatangajwe ku myirondoro y’uyu munyarwanda, gusa ngo iperereza ku ruhare rw’ibyo akekwaho rirakomeje. Mu gufatwa n’inkongi kw’iyi kiliziya, umuriro ngo wangije igisenge cyayo. Iyi kiliziya kandi ni imwe mu zifite amateka muri iki gihugu. Ni ku nshuro igira kabiri ifatwa n’inkongi y’umuriro kuko mu 1972 nabwo byayibayeho, imara umwaka urenga isanwa.

Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero na Pawulo, ubwo yafatwaga n’inkongi, yazimijwe n’abantu basaga 60. Ibi bibaye nyuma y’umwaka Kiliziya ya Notre-Dame de Paris ifashwe n’inkongi. Iyi ni Kiliziya bivugwa ko ibitse amateka akomeye y’ahahise h’Ubufaransa.

Ubuyobozi bw’iyi Katedalare ya Nantes, butangaza ko uyu Munyarwanda kimwe n’abandi bakorerabushake batandatu bari bafitiwe icyizere gihagije. Iyi nkongi y’umuriro, binakekwa ko ishobora kuba yaratewe n’umuriro w’amashanyarazi. Byose biracyari mu iperereza.
Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5939 Posts

Politiki

4188 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1046 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga