• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi: Minisitiri w’Uburezi yagaye uburyo imashini zigirwaho n’abana zibitswe

Umwanditsi
July 28, 2020

Mu rugendo Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine aherukamo hagati mu cyumweru gishize mu rwunge rw’amashuri rwa Nyamiyaga ho mu karere ka Kamonyi, ubwo yasuraga ahubakwa ibyumba by’amashuri, yageze ahabikwa imashini( Lap top) abanyeshuri bigiraho, anenga ubuyobozi bw’iki kigo kutita kuri izi mudasobwa, haba ku isuku n’umutekano wazo.

Minisitiri Uwamariya, yabwiye ubuyobozi bwa GS Nyamiyaga ko uburyo bafashemo izi mudasobwa budakwiye, ko nta suku ndetse nta n’umutekano wizewe kuri izi mashine bitewe n’aho zibitse n’uburyo zibitswemo, ko byoroheye uwashaka kuziba kandi ko no kwangirika kwazo byoroshye.

Ni imashini zirambitse ku meza y’imbaho, ahantu hagaragara ko isuku yaho igerwa ku mashyi, zidatwikiriye kandi ziri mucyumba (salle) cy’ishuri rifite amadirishya atagira ibiyakingwaho( rideaux) ku buryo uri hanze bimworohera kubona ibiri imbere. Ni Mudasobwa kandi ivumbi n’imyanda byoroshye kugeraho.

Umuyobozi w’iki kigo abajijwe ibyo kuba izi mudasobwa zibitse mu buryo budakwiye, ahantu hari umwanda, aho bigaragara ko umutekano wazo uri ku kigero cyo hasi, yemeye nta gushidikanya ko umutekano wazo udahagije, avuga ko agiye gukosora ibitarakozwe neza.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine ari muri GS Nyamiyaga.

Minisitiri Uwamariya, yasabye ubuyobozi bw’ikigo ndetse n’Akarere gufatanya gushaka ahantu hakwiye kandi hari umutekano usesuye w’izi mudasobwa, ababwira ko uko zibitse bidaterwa n’ubushobozi buke, ahubwo ko ari uburangare.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga