Abafite imyaka hagati ya 20-49 nibo bakomeje gutumbagiza imibare y’abandura Covid-19

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel, avuga ko abantu bari mu kigero cy’imyaka hagati ya 20-49 bimaze kugaragara ko batubahiriza amabwiriza uko bagiye bayagezwaho. Ibi bikaba biri kugira ingaruka mu gukwirakwiza iki cyorezo.

Aganira na RBA kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020, Minisitiri Ngamije yasobanuye ko isesengura rishingiye ku barware iki cyorezo muri ibi byumweru bibiri bishize, rigaragaza ko benshi mu bari kurwara iki cyorezo ari abafite imyaka iri hagati ya 20-49.

Kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo nibyo biri ku isonga mu guteza ikibazo. Ati“ Iyo dusesenguye, ukanareba abakunze kurwara bari mu kihe cyiciro cy’imyaka, urasanga bari hagati y’imyaka 20-49, abenshi muri bo. Bigaragara yuko icyo cyiciro cy’abafite iyo myaka, ntabwo bari kubahiriza amabwiriza nkuko twagiye tuyabagezaho”.

Minisitiri Ngamije, avuga ko benshi muri aba bavugwa usanga batajya bambara agapfukamunwa kandi bari mu bantu benshi, usanga bajya mu mahuriro atemewe nko kujya mu minsi mikuru mu ngo mu buryo bihishe n’ahandi hatandukanye hahurirwa n’abantu benshi ariko ugasanga hatubahirijwe amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

Zimwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’iki cyorezo cya Coronavirus ni; Ugukaraba amazi meza ukoresheje isabune, Guhana intera hagati y’umuntu n’undi nibura ya Metero, kwambara agapfukamunwa kandi neza n’ibindi.

Bimwe mu bimenyetso biranga uwanduye iki cyorezo cyangwa se ugikekwaho birimo; Inkorora, Guhumeka bigoranye n’umuriro. Biroroshye kandi ko buri wese yipima akoresheje terefone ngendanwa aho ukanda akanyenyeri 114 urwego (*114#) ugakurikiza amabwiriza. Ushobora kandi no guhamagara ku 114 ukaka ubufasha uramutse wiketseho iki cyorezo cyangwa se hari uwo ugiketseho.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →