Libani: Abantu 70 bapfiriye mu nkongi y’umuriro yatewe n’ibiturika, 2700 bakomeretse (agateganyo)

Minisitiri w’Ubuzima muri Libani Hamad Hassan amenyesha ko abantu barenga 70 aribo bamaze kumenyekana ko bapfuye, abandi barenga 2700 bakaba bakomerekeye mu nkongi y’umuriro yadutse itewe n’ibiturika mu murwa mukuru wa Libani, Beirut.

Amashusho yakwiragijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana umwotsi mwinshi, n’ibishashi byinshi by’umuriro by’ahabereye iyo mpanuka, hamwe n’inzu nyinshi zononekaye.

Yaba abategetsi muri iki gihugu ndetse n’imiryango mpuzamahanga itandukanye irimo nka Croix Rouge muri iki gihugu, batangaza ko imibare nyakuri kugeza ubu bigoye kuyimenya kuko ubutabazi bugikomeje.

kugeza ubu, intandaro y’icyateye iyi nkongi nkuko BBC ibitangaza ntabwo kiramenyekana, ariko abategetsi benshi bumvikanye bavuga ko uwo muriro wadutse mu nzu y’ububiko bw’ibikoresho biturika.

Abategetsi bo mu bihugu bitandukanye by’Isi, bakoresheje imbuga nkoranyambaga nka Twitter bohereje ubutumwa bwo kwihanganisha abanyagihugu n’ubuyobozi bwabo, ndetse bamwe bakagaragaza ko biteguye kugira icyo bakora nko mu bijyanye n’ubutabazi no gufasha.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →