Perezida Trump yasinye itegeko rikumira umubare w’abanyamahanga bahabwaga akazi

Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump kuri uyu wa mbere tariki 03 Kanama 2020, yashyize umukono ku itegeko risaba ibigo bya Leta n’ibiyishamikiyeho kwerekana ko bitarimo guha akazi abanyamahanga aho kugaha abanyamerika bafite ubumenyi bukwiye.

Perezidanse ya Amerika, yavuze ko iryo tegeko rizafasha ibigo byegamiye kuri Leta guha akazi abanyamerika aho kugaha abanyamahanga bahembwa amafaranga make.

Iryo tegeko, rije mu gihe hari abanyamakuru b’abanyamahanga bakorera Ijwi ry’Amerika, nk’ikigo cyegamiye kuri Leta y’Amerika bagitegereje nimba visa zabo zo gukorera muri Amerika zongerwa ikindi gihe cyangwa se ntizongerwe.

Trump yamenyesheje kandi guhagarika mu kazi abategetsi ba Leta bizagaragara ko baha akazi ka Leta abanyamahanga benshi kuruta abanyamerika.

Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru, nk’ikigo cyegamiye kuri Leta ya Amerika, rikoresha abanyamahanga 76 bari muri Amerika kuri Visa J-1 ihabwa abanyamahanga bafite ubumenyi bwo gukorera muri Amerika.

Abinjira muri Amerika n’ubwo bwoko bwa visa za J-1 bari mu itsinda ry’abo Leta ya Trump yabaye ihagaritse kwinjira mu gihugu kubera iki cyorezo cy’indwara cya coronavirus.

Leta ya Amerika yisobanura ivuga ko abakozi b’abanyamahanga badakwiye guhabwa akazi gashobora gukorwa n’abanyamerika muri iki gihe ubukungu bwasubiye hasi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →