• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

U Rwanda n’u Burundi byavuze ku mpunzi ziri I Mahama zishaka gutahuka

Umwanditsi
August 4, 2020

Mu ibaruwa yashyizweho umukono n’impunzi z’abarundi zibarirwa muri magana atatu zo mu nkambi ya Mahama mu Rwanda zandikiwe Perezida w’u Burundi, zisaba ko zibafashwa gutahuka. Bamwe mu bayanditse, bavuga ko babona ko igihe kigeze ngo batahe.

Mu gihe Leta z’ibihugu byombi, u Rwanda n’u Burundi umubano utifashe neza muri iyi minsi, ntabwo byabujije ko buri gihugu kigira icyo kivuga ku cyifuzo cy’izi mpunzi. Binyujijwe ku mbuga nkoranyambaga buri gihugu cyatangaje ko kiteguye gufasha impunzi zibyifuza gutahuka.

Minisiteri y’ubutegetsi n’umutekano y’u Burundi, ibinyujije kuri Twitter yatangaje ko itegereje ko ibaruwa y’izi mpunzi igera kuwo yandikiwe kugira ngo bategure gutahuka kwabo “gukwiriye kandi kwemewe n’amategeko vuba bishoboka“.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi y’u Rwanda, itavuze iby’izi mpunzi by’umwihariko, yatangaje kuri Twitter ko yiteguye “gufasha gutahura abahisemo gutaha ifatanyije na UNHCR na za guverinoma bireba“.

Gusa kugira ngo impunzi zitahe habaho kuganira kw’impande eshatu, ibi bihugu uko ari bibiri ndetse na UNHCR, bakumvikana ibitarakorwa kugeza ubu.

Icyo Leta y’u Burundi yavuze kuri izi Mpunzi.

Mu mpunzi z’Abarundi zimaze igihe zitahurwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) nta ziva mu Rwanda zirimo.

Icyo Leta y’u Rwanda yavuze ku byifuzo by’izi mpunzi.

U Rwanda ni igihugu cya gatatu kirimo impunzi nyinshi z’Abarundi, zigera ku 72,000 – inyuma ya Tanzania na DR Congo. Benshi muri aba bahunze nkuko BBC ibitangaza, imidugararo ya politiki yo mu 2015.

Munyaneza Theogee / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga