Umugabo yishwe n’intare ebyiri z’ingore yiyororeye muri Afurika y’Epfo

Umunyarwanda yaciye umugani ngo “umuntu yikururira icyishi” Umugabo wo muri Afurika y’Epfo yapfuye nyuma y’uko intare ebyiri z’umweru yiyororeye zimuriye ejo ku wa gatatu tariki 26 Kanama 2020.

West Mathewson, asanzwe afite inzu yakira abakerarugendo (Lodge) izwi cyane, yitwa Hoedspruit mu ntara ya Limpopo muri Afurika y’Epfo. Umunyamakuru wa BBC i Johannesburg avuga ko Bwana Mathewson, intare ebyiri asanzwe yoroye ari zo zamusagariye ubwo yari azisohoye ngo zigendagende ku wa gatatu mu gitondo.

Izi ntare z’ingore, imwe yabanje gusagarira ngenzi yayo, maze nyuma zombi zihindukirana uyu mworozi wazo uzwi cyane ku kazina ka “Uncle West”.
Umugore we wari ubakurikiye mu modoka, yagerageje gukangara izi ntare ariko byari byarenze igaruriro.

Abo mu muryango we bavuga ko kugira ngo izi ntare zirye nyirazo bishoboka ko byatewe no kuzikinisha byagenze nabi. Izi ntare bazisanze aho zakoreye ibi bazitera umuti usinziriza zijyanwa ahabugenewe, biteganyijwe ko zirekurirwa mu ishyamba nyuma.

Bivugwa ko Bwana Mathewson yarokoye izi ntare ubwo “zahigwaga” akazororera ahantu hafunze muri ‘lodge’ ye. Mu myaka itatu ishize, nkuko BBC ibitangaza, bivugwa ko izi ntare zishe undi mugabo warimo agenda hafi y’aho zororerwa nyuma y’uko zibashije guca uruzitiro rwaho.

Munyaneza Theogene / intyoza.com.com

Umwanditsi

Learn More →