• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Rubavu: Abantu 30 bafatiwe mu bikorwa bya magendu binjizaga mu Rwanda bavuye muri DRC

Umwanditsi
August 29, 2020

Polisi ikorera mu karere ka Rubavu imaze iminsi mu bikorwa byo kurwanya ubucuruzi bwa magendu. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Kanama 2020 yafashe abantu 30 bafite imifuka 28 irimo ibicuruzwa bya magendu barimo kubyinjiza mu Rwanda mu buryo bwa magendu.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko abo bacuruzi bari bafite imifuka 12 y’amabalo y’imyenda n’ibiro 497 by’imyenda ya caguwa, ibiro 357 by’inkweto za caguwa ndetse bari bafite inzoga za likeri (liquors).

Bari banafite imifuka 8 irimo amasashe ndetse n’imifuka 321 irimo amavuta yo kwisiga atemewe mu Rwanda.

CIP Karekezi yavuze ko abo bacuruzi ba magendu bafashwe ahagana saa 5:30 za mugitondo barimo kwinjira mu Rwanda banyuze mu nzira za magendu banyuze mu mudugudu wa Murambi, Akagari ka Buhaza mu murenge wa Rubavu. Ibyo bicuruzwa bikaba byavanwaga mu gihugu cya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Bariya bacuruzi ba magendu bafashwe bakimara kwinjira ku butaka bw ‘u Rwanda, bafashwe n’inzego z’umutekano ziri mu kazi k’umutekano.”

Aba bafashwe, nyuma y’umunsi umwe ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro rifashe imifuka 3 irimo amavuta yo kwisiga atemewe banyuze mu kiyaga cya Kivu.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba yavuze ko benshi mu bafatirwa muri ibyo bikorwa baba bahawe akazi, ibicuruzwa ntibiba ari ibyabo. Yaburiye abantu bijandika muri ibyo bikorwa bitemewe ababwira ko inzego zitandukanye zahagurukiye kubirwanya.

Ati “Polisi irimo gukorana n’izindi nzego z’umutekano, amakoperative y’abarobyi ndetse n’abaturage mu guhanahana amakuru ku bucuruzi bwa magendu ari nabyo bidufasha mu bikorwa byacu mu gufata abo bantu.”

Nkuko urubuga rwa Polisi rubitangaza, Itegeko ryo mu bihugu byo mu karere k’Iburasirazuba ingingo ya 199 ritanga uburenganzira bwo gufatira ibicuruzwa bya magendu ndetse bigatezwa cyamunara.

Itegeko No 17/2019 ryo kuwa 10/08/2019 rivuga ko bitemewe gukora, gutumiza mu mahanga, gukoresha no gucuruza amasashe ndetse n’ibindi bikoresho bikoze muri pulasitike bikoreshwa inshuro imwe.

Ingingo ya 12 ivuga ko ufatanwe amasashe n’ibindi bikoresho bya pulasitike bikoreshwa inshuro imwe acibwa amande n’ubutegetsi, amande angana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300,000.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga