• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Maze amezi menshi nsiragira kuri RIB, ni mumfashe-Umuturage abwira Meya

Umwanditsi
August 31, 2020

Mukamugenza Marceline, atuye mu Mudugudu wa Muhambara, Akagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi. Avuga ko tariki 29 Werurwe 2020 yatanze ikirego kuri RIB arega umugabo we, ariko kugeza kuri uyu wa 31 Kanama 2020 ngo ahora asiragira, amezi akavuga ko abaye menshi atazi iherezo ry’ikirego yatanze, mu gihe yaba we n’abana ngo bariho batariho.

Mu nama Tuyizere Thaddee, umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Kamonyi yagiranye na bamwe mu baturage b’Akagari ka Kabagesera kuri uyu mugoroba wa tariki 31 Kanama 2020, yari igamije kubakangurira kureka gukora ibinyuranye n’amabwiriza yo kwirinnda Covid-19, niho uyu mubyeyi yaboneye akanya maze avuga ko ari amahirwe kuba abonye uyu muyobozi, amusaba kumufasha mu kibazo cye ngo kuko amaze igihe asiragira kuri RIB ariko ntarenganurwe.

Uyu mubyeyi wari waje ahetse umwana muto, avuga ko umugabo we basezeranye yamutaye agasanga indaya( uko yabyivugiye), akaba nta bitunga abana, atabishyurira Mituweli n’ibindi. Gusa ikirenze ibi, uyu mugabo ngo ahora amuhiga ngo amwice cyangwa se amugirire nabi nkuko yagaragaje ko mu kwezi kwa Nyakanga tariki 28 uyu mwaka yamuteye amamuhohotera ndetse akamutema ku kuboko.

Ku nama n’impanuro kuri Covid-19, abaturage bibukijwe ko icyababera cyiza ari ugukora ibyo basabwa kuruta kwishora mu byabakururira akaga.

Mukamugenza, avuga ko ubuyobozi kuva kwa Mudugudu bazi neza aho uyu mugabo aba, na RIB yahaye ikirego avuga ko yayihaye amakuru yose yari nkenerwa, ko ndetse ari umucuruzi w’inzoga no muri ibi bihe bya Covid-19. Uyu mubyeyi, muri iyi nama yanahavugiye bimwe mu bikorwa bibi avuga ko uyu mugabo we akora, aho ngo anafite gihamya yabyo.

Avuga ko hari n’igihe bigeze kumubwira ko bamufashe(umugabo), agenda agiye kureba ko bamushyikiriye, ariko ngo aza gutungurwa n’uko icyo gihe yasanze yatorokeshejwe na bamwe mu bari bamufashe.

Mu gutakambira umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, yamusabye ko iki kibazo cye yamufasha kugikurikirana, akamenya impamvu adafashwa kurenganurwa, ariko by’umwihariko agasaba ko uburenganzira ku bana burimo nko kuvuzwa no kubaho( kurya) bwitabwaho n’uyu avuga ko basezeranye bakanabyarana.

Meya Tuyizere, ateze amatwi ikibazo cy’uyu muturage.

Mu magambo make, Tuyizere Thaddee, yabwiye uyu mubyeyi ko agiye gufasha kumenya iby’iki kibazo ndetse asaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda, Mwizerwa Rafiki ku mufasha kwihutisha ikurikiranwa ry’iki kibazo kuko n’umugabo uregwa byagaragjwe ko aho aba n’aho akorera hazwi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga