Perezida w’Ubufaransa yagiriye uruzinduko rwe rwa mbere muri Iraki, ruganisha ku by’umutekano

Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron ari i Bagdad guhera kuri uyu wa 02 Nzeri 2020, mu rugendo rwa mbere mu gihugu cya Iraki. Ni we mutegetsi ukomeye cyane ugendereye iki gihugu kuva Minisitiri w’Intebe, Mustafa Al Kadhimi ageze ku butegetsi mu kwezi kwa gatanu.

Urugendo rwa Perezida Macron rugenewe gukomeza umutekano mu karere ko mu burasirazuba bwo hagati y’isi. Asoje kubonana na Prezida wa Iraki, Barham Salih, perezida Macron yatangaje mu butumwa ku rubuga rwa twitter ko amahanga ahangayikishijwe n’umutekano wa bose mu karere.

Amenyesha ko yaje gushyigikira Iraki mu gihe ihanganye n’ibibazo bitari bike. Macron avuga ko hari ibibazo bitari bike bibangamiye ubwigenge bwa Iraki, byaba ibiri hagati mu gihugu cyangwa mu karere.

Yamenyesheje ko ingabo z’Ubufaransa zirimo gufatanya n’ingabo za Leta ya Iraki mu rugamba rwo gutsinda intagondwa. Minisitiri w’intebe mushya wa Iraki, Mustafa Al Kadhimi, yifuje gushyiraho politike yo hanze yigenga y’igihugu cye, itagendera ku mabwirizwa y’igihugu cya Irani kuva ashyitse ku butegetsi mu kwezi kwa gatanu.

Itangazamakuru rya Leta ya Iraki nkuko ijwi rya Amerika ribitangaza, rimenyesha ko Macron azaganira ibyerekeye gukorera hamwe mu bijyanye n’umutekano n’abategetsi ba Iraki.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →