• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Nyaruguru: Abantu 5 bafashwe bakekwaho gukora no gucuruza inzoga zitujuje ubuziranenge

Umwanditsi
September 3, 2020

Polisi ikorera mu karere ka Nyaruguru, Umurenge wa Ngera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Nzeri 2020 yakoze igikorwa cyo kurwanya inzoga zitemewe zikunze kugaragara muri uyu murenge. Hafashwe abantu 5 bafatanwa litiro 1985.

Abafashwe ni Ntakirutimana Emmanuel w’imyaka 27, yafatanwe litiro 610, Manirakiza Janvier yafatanwe litiro 350, Bizimungu Sylvestre yafatanwe litiro 850, Hakizimana Joseph yafatanwe litiro 100, Siborurema Jean Claude yafatanwe litiro 95 na Irakoze Claude wafatanwe amacupa 17 y’inzoga yitwa mererwa neza.

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Nyaruguru Senior Superintendent of Police (SP) Alphonse Mayinga yavuze ko bariya bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, ko hari abaturage bakora bakanaranguza inzoga zitujuje ubuziranenge.

Yagize ati “Abaturage bo muri uriya mudugudu wa Mutakwa mu kagari ka Fugi nibo batanze amakuru ko abaturanyi babo bakora inzoga zitujuje ubuziranenge bakanaziranguza mu bacuruzi bato. Twahise dutegura igikorwa cyo kujya kurwanya izo nzoga”.

SP Mayinga yakomeje avuga ko usibye no gukora inzoga zitemewe, ziriya nzoga ziranguzwa abacuruzi bato bakajya kuzicuruza mu tubari nyamara tutemewe muri ibi bihe byo kurwanya COVID-19.

Yagize ati”Ziriya nzoga ubusanzwe ntizemewe ariko noneho banarenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bakajya kuzicuruza mu tubari, utubari ntitwemewe muri ibi bihe”.

Umuyobozi wa Polisi mu karere Nyaruguru yakomeje akangurira abaturage kwirinda inzoga z’inkorano kuko zabagiraho ingaruka ku buzima ndetse zikaba zinabakoresha ibyaha bagafungwa.

Ati”Ziriya nzoga zikorwa mu bintu bitazwi bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’uzinywa, ikindi kandi ni kenshi tubona ibirego bituruka ku businzi bwa ziriya nzoga aho abantu barwana bagakomeretsanya, amakimbirane mu miryango n’ibindi bitandukanye”.

SP Mayinga nkuko urubuga rwa Polisi rubitangaza, yashimiye abaturage batanze amakuru akangurira n’abandi gufatanya na Polisi mu kurwanya no gukumira ibyaha bitaraba ndetse n’ikindi cyose cyahungabanya umutekano. Yasabye abaturage gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kurwanya COVID-19.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga