• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Mozambique: Amnesty irashaka ko hakorwa iperereza ku mugore warashwe inshuro 36 yambaye ubusa

Umwanditsi
September 16, 2020

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu urasaba ko hakorwa iperereza ryigenga nyuma yuko abagabo bambaye imyenda ya gisirikare bishe umugore utwite wambaye ubusa mu majyaruguru y’iki gihugu. Aya marorerwa guverinoma ikaba iyashinja inyeshyamba zitwaje intwaro.

Amashusho ya videwo yagaragaye ku cyumweru gishize yerekana abagabo bambaye imyenda y’ingabo bakubita umugore bashinjaga kuba mu mutwe w’ingabo hanyuma bamurasa mu mugongo ubwo yageragezaga guhunga.

Amnesty yagize ati: “Abantu bane bitwaje imbunda bamurashe inshuro 36 zose hamwe n’imbunda zitandukanye za Kalashnikov n’imbunda yo mu bwoko bwa PKM.” Umwe mu bagabo bambaye imyenda ya gisirikare yamukubise inkoni mu mutwe mbere yuko abandi barasa, muri video bavuga ko bamwicira iruhande rw’umuhanda.

Aya mashusho yafatiwe mu ntara y’amajyaruguru ya Cabo Delgado, aho inyeshyamba zigometse ku butegetsi zikorera

Umuyobozi wa Amnesty International muri Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo, Deprose Muchena yagize ati: “Iyi videwo iteye ubwoba ni urundi rugero rubabaje rw’ihohoterwa rikabije ry’uburenganzira bwa muntu n’ubwicanyi butagira impuhwe bwabereye i Cabo Delgado kubanya Mozambike.”

Ku wa kabiri, Minisitiri w’imbere mu gihugu Amade Miquidade yavuze ko abicanyi ari abarwanyi bitwaje imbunda bambaye imyenda “isa” n’iy’ingabo za leta.

Mu magambo ye yagize ati: “Video yerekana amarorerwa akorerwa umugore utwite ni poropagande y’iterabwoba.” “Iyi videwo yakozwe n’imitwe y’iterabwoba mu kujijisha rubanda kandi ntabwo ari ubwa mbere bibaye.”

Mu mashusho yakwirakwijwe ku wa mbere, iri tsinda rivuga ko uyu mugore ari “al-Shabab” – izina ry’umutwe witwaje intwaro ukorera mu majyaruguru y’igihugu kuva mu 2017.

Igisirikare cya Mozambike, cyagiye mu ntambara n’inyeshyamba zo muri iyo ntara nacyo kibamo imishinga ya gaze irimo gutunganywa n’ibikorwa bya peteroli , cyavuze ko kibona ko aya mashusho atangaje kandi ateye ubwoba, kandi “ikiruta byose, yamaganwa”

Amnesty, yavuze ko abagabo bambaye imyenda ya gisirikare bamwishe kubera ko yari yabateye umugongo, yanga kubereka aho inyeshyamba zihisha.

Mu cyumweru gishize, umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wavuze ko wagenzuye amashusho yerekana kugerageza guca umutwe, iyicarubozo, gucamo ibice bivugwa ko ari abarwanyi batavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’iyicwa ry’urukiko.

Source:Aljazeera

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga