Urukiko rusesa imanza mu Bufaransa rugiye gufata umwanzuro ku bujurire bwa Kabuga Felicien

Urukiko rusesa imanza rw’Ubufaransa ruzavuga kuri uyu wa wa gatatu tariki 31 Nzeri 2020 niba umunyarwanda Kabuga Felisiyani agomba kuburanishwa n’Ubufaransa cyangwa se urwego rwa ONU rwasigariyeho urukiko mpuzamahanga  mpanabyaha rwari rwarashyireweho u Rwanda, TPIR.

Urukiko rusesa imanza rw’Ubufaransa, ni rwo rwego rw’ubucamanza rwo hejuru, ni ukuvuga rwa nyuma, Kabuga yitabaje. Yaruregeye nyuma y’aho urukiko rw’ubujurire rw’i Paris narwo rwemereje mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka wa 2020 ko Kabuga agomba kujya kuburanira i Arusha muri Tanzania, imbere y’Urwego rwasigariyeho TPIR imaze gufunga imiryango.

Kabuga Felesiyani, yatawe muri yombi ku italiki ya 16 Gicurasi 2020 mu nkengero z’umujyi wa Paris, umurwa mukuru w’Ubufaransa, nyuma y’imyaka irenga 25 yari amaze ashakishwa. Akurikiranyweho ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. We arabihakana.

Kabuga, asaba kuburanishirizwa mu Bufaransa, we n’abavoka be bamwunganira bavuga ko adashobora gukora urugendo rurerure kugera i Arusha kubera ubusaza n’indwara zikomeye afite zirimo gisukali (Diabete), umuduko munini w’amaraso, n’indi yitwa “leucoaraïose”, indwara idakira igenda imubuza kugenda no kwinyagambura kandi ituma agenda arushaho kwibagirwa.

Urukiko rw’ubujurire rw’i Paris nkuko ijwi ry’Amerika ribitangaza, rwavuze ko Kabuga agomba kujya i Arusha. Urusesa imanza narwo ni ruramuka rubyemeje kuri uyu wa gatatu, leta y’Ubufaransa izaba ifite ukwezi kumwe kugirango ibishyire mu bikorwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →