Abacamanza bazaburanisha Kabuga Felecien i Arusha bamenyekanye

Urwego rwa ONU/UN rwasigaye rurangiza imanza zasizwe n’urukiko rwa Arusha rwatangaje kuri uyu wa 02 Ukwakira 2020 abacamanza batatu bazaca urubanza rwa Kabuga Felicien ubwo azaba aburana n’ubushinjacyaha.

Kuwa gatatu tariki 30 Nzeri 2020, urukiko rusesa imanza mu Bufaransa rwemeje iyoherezwa rya Bwana Kabuga kuri uru rukiko rwa ONU rufite icyicaro i Arusha, Tanzania n’ishami ryarwo i La Haye mu Buholandi.

Amategeko y’Ubufaransa ateganya ko iki kemezo, kitajuririrwa, gishyirwa mu bikorwa mu gihe kitarenze ukwezi.

Umwunganizi wa Kabuga, Emmanuel Altit yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko bagiye gusaba ruriya rwego ko umukiriya we atoherezwa i Arusha ahubwo yakoherezwa i La Haye.

Umucamanza Iain Bonomy ukomoka muri Scotland/Ecosse niwe uzaba ukuriye iyo nteko, azafatanya na Graciela Susana Gatti Santana wo muri Uruguay na Elizabeth Ibanda-Nahamya wo muri Uganda.

Itangazo rivuga ishyirwaho ry’aba bacamanza ntirisobanura igihe urubanza rwa Bwana Kabuga ruzatangirira.

Bwana Kabuga w’imyaka 85 (we avuga ko afite 87) ni umuntu washakishwaga cyane mu baregwa uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Urukiko rwa Arusha rwavuze ko ashakwa n’ubutabera bwa mbere mu 1997 nk’uko rubivuga, yafashwe mu kwezi kwa gatanu hafi y’i Paris, nyuma y’imyaka 23.
Mu rukiko rw’i Paris, yavuze ko ibyaha aregwa ari “ibinyoma”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →