Alpha Condé, Perezida wa Guinea: ati:”Ntabwo ndi umunyagitugu”

Mu kiganiro kihariye na RFI na France 24, Alpha Condé yemeje ko adashaka kuba perezida ubuzima bwe bwose. Ni nyuma yo guhindura Itegeko Nshinga, aho uyu muyobozi ashaka manda ya gatatu mu matora ya perezida yo ku ya 18 Ukwakira 2020. Ariko agira ati: “Ntibisanzwe ko mfatwa nk’umunyagitugu urwanya demokarasi. Ndi umu democrate”.

Alpha Condé, avuga ko ibyahise bimwemerera kongera kwiyamamaza. Abajijwe igitekerezo cye kuri perezidansi mu buzima bwe aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje kumunenga guhera ku myaka 44 yagize Ati: “Namaze igihe muri gereza ya Sékou Touré. Natsinze amatora yo mu 1993. Iyo nza kuba nshaka kuba perezida ubuzima bwanjye bwose, nari gufata ubutegetsi mbifashijwemo n’abasirikare mu 1993 ”.

Niba yongeye gutorwa ku ya 18 Ukwakira muri manda ya gatatu, bizaba manda ye ya nyuma? Perezida w’imyaka 82, abajijwe icyo kibazo avuga ko, ku ya 18 Ukwakira, umuntu atagomba kugurisha uruhu rw’idubu mbere yuko ayica. Ikigaragara ni uko tutagomba kubyina itsinzi vuba.

Ku kibazo: “Uzamenya gutsindwa kwawe nibiba ngombwa? “, Arasubiza ati:” Ndi umu democrate. “Nta na rimwe yigeze avuga izina ry’umwanzi we ukomeye, Cellou Dalein Diallo, yamubwiye yeruye amushinja ko yari” imva “y’ubukungu bwa Guinea mu gihe yari Minisitiri w’intebe wa Perezida Lansana Conté.

Ku bamushinja kuba yaragize uruhare mu kibazo cy’amoko, umukuru w’igihugu yasubije yivuye inyuma ko ibyo ari ibinyoma, ko ari Pan-Afurika kandi ko na none, amateka ye yabimusabaga. Yemeza ko, igihe yarwanyaga Sékou Touré, Malinkés benshi bamututse kubera ko yari hafi ya Peuls.

Amaherezo, nyuma yimyaka 11 nyuma y’ubwicanyi bwabereye kuri stade tariki ya 28 Nzeri i Conakry, Alpha Condé yizera ko urubanza rw’abitwa ko ari abicanyi ruzaba. Avuga ko kugira ngo urukiko rwihariye ruzubakwe hifashishijwe abaterankunga.
Source: rfi.fr

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Umwanditsi

Learn More →