Mukura yabonye umutoza mushya, Djilali wahoze akinira Marseille yo mu Bufaransa

Umutoza Djilali w’imyaka 38, ashyizweho nyuma yo kugenda k’umunya Espagne Tony Hernandez watandukanye na Mukura mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeri uyu mwaka wa 2020. Ni umugabo w’umunya Algeria ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa.

Hernandez yafashije ikipe ya Mukura ibarizwa mu karere ka Huye, igera ku mwanya wa 4 muri shampiyona y’u Rwanda ya 2019/20, nyuma ya APR, Rayon Sports na Polisi.

Kuri uyu wa gatatu tariki 06 Ukwakira 2020, Ikipe ya Mukura kurukuta rwayo rwa Twitter ikaba yatangaje ko “Djilali yasinye amasezerano y’imyaka ibiri, kugeza mu 2022.”

Umutoza Djilali yavukiye muri Algeria mu 1982, yimukira mu Bufaransa afite imyaka 8 nyuma aza kwinjira mu ikipe y’abato ya Olympique de Marseille hagati ya 1995 na 2000. Ntabwo yigeze agaragara mu ikipe ya mbere yayo.

Kuva yatangira gutoza, mu 2009, Djilali yagiye akora imirimo itandukanye yo gutoza mu makipe yo muri Arabiya Sawudite, Ubufaransa, Oman, Bahrein, Senegal na Côte d’Ivoire. Afite uruhushya rwo gutoza rwa Licence A.

Inkuru Yanditswe na Venuste Habineza

Umwanditsi

Learn More →