• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Ihingwa ry’urumogi mu mboni za Mutimawurugo Claire, urwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge

Umwanditsi
October 19, 2020

Umuhanzi Mutimawurugo Claire, impirimbanyi mu kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, avuga ko nubwo hemejwe ihingwa ry’urumogi mu Rwanda ku bw’inyungu z’inganda zikora imiti, ko asanga hakwiye gukaza ingamba zizatuma hatabaho icyuho cy’uko rwakwirakwizwa mu baturage.

Mutimawurugo Claire, nkusanzwe akora Ubukangurambaga bwiswe “HASHYA IBIYOBYABWENGE mu Mashuri Abanza n’Ayisumbuye”, yemeza ko ubwo buhinzi bw’urumogi ntacyo bubangamiye Abanyarwanda, kuko impamvu rugiye guhingwa zumvikana, ko ikibazo abona gishobora kuvuka ari igihe hatashyirwamo imbaraga, ingamba ndetse n’amabwiriza ahamye mu ihingwa n’ikoreshwa ry’urumogi mu Rwanda.

Asanga iki gihingwa cyemewe guhingwa bwa mbere ku mugaragaro ku butaka bw’u Rwanda, bikwiye ko bikorwa n’abantu runaka babiherewe uburenganzira, bigakorerwa ahantu hazwi, bityo bikazorohera inzego z’ubuyobozi zitandukanye kugenzura no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo n’ingamba kuri iki gihingwa (urumogi).

Agira kandi ati“ Bitewe nuko abantu bagize ikibazo kuri iki kintu cyo guhinga urumogi, hategurwe ubukangurambaga, Abanyarwanda basobanurirwe ingamba n’ Amabwiriza ajyanye nabyo. Bitabaye ibyo, wajya usanga twa turima tw’ igikoni duhinga iwacu turwanya imirire mini, tubaye uturima tw’ urumogi rwakwangiza byinshi mu muryango Nyarwanda”.

Akomeza ati“ Ku bukangurambaga bwa “HASHYA IBIYOBYABWENGE” nsanzwe nkora, ntabwo nacika intege, ahubwo nicyo gihe cyo gukora cyane kugirango uruhare rwanjye rugaragare nkuko niyemeje gukorera igihugu no gutanga umusanzu wanjye mukubaka ejo hazaza hazira ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge”.

Mutimawurugo, ahamya ko ari ngombwa ko “AMADOVIZE” yinjira mu gihugu, ariko kandi ko n’ Abana b’Abanyarwanda bagomba kugira Ubuzima bwiza n’ ubwenge butayobejwe n’ibiyobyabwenge.

Mu ihingwa ry’urumogi ku butaka bw’u Rwanda, mu mboni za Mutimawurugo Claire, ni uko hasabwa uruhare rwa buri munyarwanda n’umuturarwanda, kumva neza impamvu yo kuba ku butaka bw’u Rwanda hagiye guhinga urumogi ku mugaragaro. Asaba buri wese kwibuka neza ko Amategeko y’u Rwanda ahana yihanukiriye ukoresha cyangwa ucuruza ibiyobyabwenge harimo n’urumogi.

Mutimawurugo, asaba inzego zitandukanye ko zikomeza gufatanya nawe mu bukangurambaga, kuko iki gikorwa cya “HASHYA IBIYOBYABWENGE” amaze kugikorera mu turere 5 aritwo; Nyarugenge, Kicukiro, Gasabo, Burera na Gicumbi.

Icyorezo cya Coronavirus cyakomye mu nkokora ibikorwa bitandukanye byo kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge nk’igikorwa gihoraho cy’Umuhanzi Mutimawurugo Claire. Avuga ko mu gihe amashuri azaba yongeye gutangira azakomeza ibi bikorwa byo kujya mu bigo by’amashuri mu turere dutandukanye, ariko kandi ngo ubutumwa atanga mu bihangano akora ntabwo bwahagaze nubwo Covid-19 yamukomye mu nkokora.

Mutimawurugo Claire.

Mutimawurugo Claire, asaba Gushyigikirwa uko bikwiye kuko muri we yiyumvamo Urukundo n’Ishyaka byo gukorera Igihugu, kandi ko afite inshingano n’umuhate mu gufasha uwo yaririmbye ko yemera (Perezida Kagame) kugera kubyiza yifuriza Abanyarwanda none n’ ibihe bizaza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga