Uko uturere twesheje imihigo kuva kuri Nyaruguru ya mbere kugera kuri Rusizi yaherutse utundi

Uturere tw’u Rwanda twose kuri uyu wa 30 ukwakira 2020 twasinyanye imihigo na Perezida wa Repubulika Kagame Paul. Nyaruguru niyo yaserutse ku mwanya wa mbere mu mihigo ya 2019-2020, mu gihe Akarere ka Karongi kaherekeje utundi.

Perezida Kagame, yavuze ko ubushize yanze ihigurwa n’isinywa ry’imihigo bitewe nuko itatangaga ibisubizo nyabyo bibangamiye imibereho y’abaturage. Yasabye abayobozi gutera intambwe bagakora kurushaho ku buryo bazahigura bagasinya n’indi hari intambwe isumbye kuya none. Yasabye kandi buri wese kwita ku muturage, by’umwihariko serivise ahabwa.

Umukuru w’Igihugu, yibukije ko amategeko atabereyeho kuyica ariko kandi ko atanabereyeho gutuma abantu badakora ibyo bakwiye gukora batazaririye, batihuta kubera kuyitwaza. Yabwiye aba bayobozi ko ushobora kwihuta ugakora neza kandi utanyuranije n’amategeko, ko kandi atabona urwitwazo mu bananirwa ibyo bakora kuko Igihugu kiba cyabahaye byose, ko nutabona umwanya yakwishyura umukorera ariko ibigomba gukorwa bigakorwa neza nta kudindira.

Uhereye iburyo ni; Mayor wa Nyaruguru wahize abandi, hakurikiraho Perezida Kagame, hagakurikiraho Mayor wa Huye yabaye iya kabiri hanyuma Mayor wa Rwamagana yabaye iya Gatatu.

Uko uturere dukurikirana;
Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →