• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/07/25
Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye-Me Jean Paul Ibambe
18/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: URUGAGA RW’ABAYOBOZI ku Mudugudu rwabaye igisubizo ku mibereho myiza y’Umuturage
18/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
18/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira

Kamonyi: Gitifu w’Umurenge wa Ngamba, Dasso n’ukuriye Inkeragutabara batawe muri yombi

Umwanditsi
November 14, 2020

Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha-RIB, rwatangaje ko kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2020 rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba witwa Niyobuhungiro Obed, rwafashe kandi uwitwa Jean Damascene Niyonshuti ukuriye DASSO ku rwego rw’Umurenge, hanafashwe umuyobozi w’inkeragutabara( Reserve force) ku rwego rw’umurenge witwa Jean Marie Vianney Habyarimana. Bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Ruswa no kunyereza umutungo.

Amakuru intyoza.com ifitiye gihamya kuri uku gutabwa muri yombi kw’aba bayobozi ni uko bamaze ibyumweru bigera kuri bibiri bakurikiranwa n’urwego rw’ubugenzacyaha-RIB, aho imvano y’uku gukurikiranwa ishingiye ku mabuye y’agaciro yafashwe hagatangwa raporo ko yafashwe ariko ibyagejejwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Rukoma ari nayo ireberera Umurenge wa Ngamba bikaba bitari amabuye yafashwe. Bivugwa ko uwatwaye amabuye yatanze ibihumbi 300 by’u Rwanda.

Havugwa ko mu mayira baba barahinduye icyari amabuye y’agaciro kikajyanwa n’uwazanye umufuka warimo umucanga, ariko mu gukurikirana bakaba barasanze aya mabuye mu rugo rw’umugabo tutifuje gutangaza amazina, aho bivugwa ko we icyo gihe yahise acika. Gusa hari umwe mubafashwe watanze amakuru y’uko byose byagenze.

Kuva icyo gihe, urwego rw’ubugenzacyaha-RIB rwahise rutangira iperereza ndetse aba bayobozi bose yaba Gitifu w’Umurenge, yaba Dasso ndetse n’inkeragutabara bakaba baragiye bitaba ibihe bitandukanye kuri RIB Gacurabwenge ndetse banahamagajwe kwisobanura ku buyobozi bw’Akarere ka Kamonyi nk’umukoresha wabo. Kugeza igihe baraye bafungiwe, baracyari abere imbere y’itegeko.
Dore itangazo RIB yasohoye ku ifatwa ryabo;

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5835 Posts

Politiki

4086 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1000 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga