• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi/Rukoma: Ikirombe cyishe umuntu mu rukerera

Umwanditsi
November 24, 2020

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2020, mu Mudugudu wa nyarurama, Akagari ka Bugoba, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi, ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro cyahitanye umuturage w’imyaka 34 y’amavuko.

Umuturage witwa Mwitende Jean bakunda kwita Feliyeri, mu rukerera rw’uyu wa Kabiri yagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro cyari cyarafunzwe. Iki kirombe cyari icya Kompanyi y’ubucukuzi yitwa SETEC y’uwitwa Bizimungu Denis.

Nyuma yo gukura umurambo mu kirombe, wajyanwe mu bitaro bya Remera Rukoma ngo ukorerwe isuzumwa.

Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yemereye intyoza.com ko aya makuru bayamenye. Avuga ko iki kirombe cyari cyarafunzwe, ariko ko kubera byinshi mu birombe byafunzwe kandi aribyo benshi mu baturage bajyaga gukoramo, bituma bamwe bihisha bakajya gushakamo amabuye mu buryo butemewe.

Gitifu Nkurunziza, avuga ko nk’ubuyobozi bw’Umurenge ubarizwamo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kurusha indi mirenge muri aka karere ka Kamonyi, basaba ko mu gihe ubuyobozi bufite ibirombe mu nshingano buhagaritse icukurwa ry’ahantu runaka hakwiye kubaho ingamba ziteganya uburyo buboneye bwo kurinda ahafunzwe.

By’umwihariko, Gitifu Nkurunziza avuga ko igikwiye ari uko ikigo gifite ubucukuzi mu nshingano cyakwihutisha ibyo gutanga ibyangombwa kuko kuba ibirombe biraho byarafunzwe kandi byari bitunze abaturage bituma bamwe mu babikuragamo amaramuko bihisha bakajya gushaka amabuye bihishe, ari nabyo biviramo benshi ibyago bitandukanye birimo n’impfu za hato na hato.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga