Urukiko rwakatiye Navalny utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Putin igifungo cy’imyaka isaga itatu

Umunyapolitiki Alexey Navalny, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’U Burusiya yakatiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’igice n’urukiko rw’iki gihugu. Leta y’u Burusiya yirengagije ubusabe bw’amahanga ndetse n’abo mu gihugu hagati basaba ko arekurwa.

Biturutse ku kuba yari yarigeze kumara amezi 10 afungishijwe ijisho mu rugo iwe, iyi ngingo yafashwe n’urukiko isobanuye ko Navalny agiye kuzamara imyaka ibiri n’amezi umunani ari mugihome.

Urukiko rumushinja kunyuranya n’amategeko igihe yarekurwaga by’agateganyo mu rubanza rwo mu 2014, mu kutabwira abategetsi b’amagereza aho yari igihe yatwarwaga kuvurirwa mu Budage yahawe uburozi.

Uyu munyepolitike utavuga rumwe n’ubutegetsi yamye yisobanura ko urubanza yaciriwe mu 2014 rwari rushingiye ku mpmvu za poritike, ko wari umugambi wo kumubuza kwiyamamariza kuba umukuru w’igihugu.

Abanywanyi be bari bahamagariye imyigaragambyo igihe urwo rubanza rwasomwaga, ariko bashwiragijwe n’igiporisi aho bari hafi y’urukiko no mu mihanda yo mu munkengero.

Abantu barenga 350 barahagaritswe kuri uyu wa kabiri, kandi n’abanyamakuru bigenga bo mu Burusiya bari mu bafunzwe nubwo bari bafite ibibaranga muri uwo mwuga.

Navalny nkuko VOA ibitangaza, yatawe muri yombi ndetse ahita afungwa mu kwezi gushize agishyika ku kibuga cy’indege i Moscou avuye mu Budage aho yamaze hafi amezi atanu arimo kuvurwa, nyuma yo guhabwa uburozi igihe yarimo ajya muri Siberiya mu kwezi kwa munani.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →