• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
08/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye
08/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
08/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro

Kamonyi: Abana na Nyina bazindukiye ku kagari nyuma yo gukubitwa bakaburabuzwa n’umugabo

Umwanditsi
February 12, 2021

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 10 rishyira 11 Gashyantare 2021, mu Mudugudu wa Byenene, Akagari ka Bibungo, umugore n’abana be batatu bazindukiye ku biro by’Akagari nyuma y’uko umugabo atashye ijoro abahondagura, akabamenesha.

Murekatete Perejiya, umugore wameneshejwe n’umugabo akirukankana n’abana be batatu bahunga inkoni, yabwiye intyoza.com ubwo yamusangaga ku biro by’Akagari ka Bibungo ko bahunze umugabo akaba na Se w’aba bana barimo ababuze uko bajya ku ishuri.

Avuga ko umugabo yatashye ijoro akinguza, mu gukingura ngo yahise yadukira umugore arahondagura, amuryamisha hasi amuhata imigeri. Avuga ko atari ubwa mbere akubitwa kuko inkoni zabaye nk’ibyo kurya bye, dore ko ngo anagendana imvune mu rubavu kubera ikibuye umugabo yahamukubise.

Murekatete, avuga ko ibibazo bye bizwi n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, ariko ko kuri iyo nshuri yahisemo guhungira ku buyobozi ngo bamurengere, banarengere abana bashake uko batateshwa ishuri kubera urugomo rwa Se ubabyara avuga ko yamujujubije. Asaba kurenganurwa akareka guhora akubitwa no kwirukankana abana.

Abana na Nyina ku biro by’Akagari ka Bibungo, uwiga yabuze uko ajya ku ishuri.

Dushimimana Abel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bibungo yabwiye intyoza.com ko uyu mugabo asanzwe yarananiranye, ko nyuma y’ibyo yakoze yahise atorongera ariko ko bagiye kumushakisha agashyikirizwa ubuyobozi, abana na Nyina bagasubizwa mu rugo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5830 Posts

Politiki

4081 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga