• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Russia: Nyuma y’imyaka isaga 200, abasirikare bishwe kubwa Napoleon Bonaparte bashyinguwe

Umwanditsi
February 13, 2021

Imirambo y’abasirikare b’Abafaransa n’Abarusiya bapfuye ubwo uwari umusirikare n’umutegetsi w’Ubufaransa Napoléon Bonaparte yasubiraga inyuma avuye i Moscou (Moscow) mu 1812, yashyinguwe mu burengerazuba bw’Uburusiya.

Hamwe n’iyo mirambo y’abasirikare 120, hanashyinguwe imirambo y’abagore batatu n’iy’abahungu batatu. Ibisigazwa by’imirambo yabo byatahuwe mu myaka ibiri ishize n’itsinda ry’inzobere mu bisigaramatongo z’Abafaransa n’Abarusiya.

Gutsindwa uruhenu kwa Napoléon Bonaparte i Moscou mu mwaka wa 1812, kwabaye iherezo ry’igitero cy’ingabo ze ku Burusiya, cyari muri gahunda ye yo kwigarurira ibice bitandukanye by’Uburayi.

Ingabo ze nyinshi zari zabanje gukataza byihuse mu Burusiya, zifata Moscou, ariko ntizayigumana mu buryo buhamye. Yasubiye inyuma, ingabo ze zizahazwa n’ubukonje, inzara, ndetse n’ibitero-shuma (guerilla) by’ingabo z’Uburusiya.

Ibyo bisigazwa by’imirambo y’abo basirikare nkuko BBC ibitangaza, byashyinguwe hari ubukonje nk’ubwo mu byuma bikonjesha, mu kigo cy’abihayimana cyo mu mujyi wa Vyazma.

Byibazwa ko bose bishwe mu gihe cy’urugamba rw’i Vyazma, rwarwanywe mu ntangiriro yo gusubira inyuma kwa Napoléon.

Byibazwa ko imirambo itatu y’abagore nayo yashyinguwe ari iy’abagore bahaga abasirikare ibiryo n’ubutabazi bw’ibanze, mu gihe imirambo y’abahungu batatu bashyinguwe byibazwa ko bo bavuzaga ingoma.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga