Intambara z’amoko muri Etiyopiya zirimo gukura ibihumbi by’abantu mu byabo

Abantu ibihumbi barimo barahunga intambara z’amoko mu burengerazuba bwa Etiyopiya berekeza muri Sudani. Izi ntambara zirabera ahitwa Metekel, mu ntara ya Benishangul Gumuz. Zatangiye mu 2019. Ariko muri aya mezi ya vuba aha zarushijeho gukara.

Komisiyo y’igihugu cya Etiyopiya y’uburenganzira bwa muntu ivuga ko abantu bagera kuri 500 bishwe mu mezi atanu ashize. 200 muri bo bishwe mu munsi umwe rukumbi, ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa 12 gushize.

Kubera ubu bwicanyi, ku itariki ya 21 y’ukwa mbere gushize, Leta ya Etiyopiya yafashe icyemezo cyo gushyiraho amategeko yo mu bihe bidasanzwe i Metekel. Naho abantu barenga ibihumbi birindwi bamaze guhungira mu gihugu cya Sudani, nk’uko HCR, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, ibivuga.

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, Amnesty International usobanura ko ubwicanyi bw’i Metekel bushyamiranya abo mu bwoko bwa Gumuz, bwiganje muri ako karere, n’abo mu bwoko bw’Amhara, Oromo na Shinaha.

Ibi bije mu gihe Etiyopiya na Sudani bafitanye amakimbirane akomeye ku bibazo by’imipaka yabo no ku bibazo by’urugomero rw’amashanyarazi Etiyopiya irimo yubaka ku ruzi rwa Nil Bleu, rwa mbere rugaburira amazi menshi uruzi rwa Nil.

Nkuko VOA ibitangaza, ibi ngo bitandukanye n’intambara yo mu kwezi kwa 11 gushize mu ntara ya Tigré, yo mu majyaruguru ya Etiyopiya, yatumye abaturage barenga ibihumbi 61 nabo bajya gushakisha ubuhungiro muri Sudani.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →