• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Muhanga: Abaturage baravuga ko babangamiwe n’ibiri gukorwa, ubuyobozi bukavuga ko bizwi

Umwanditsi
February 24, 2021

Abaturage batuye mu kagali ka Gitarama, Umudugudu wa Kagitarama baratabaza ubuyobozi kubera kompanyi y’Abashinwa yubatse rogali nini mu muhanda. Bavuga ko ibi bidakwiye, ko bizateza igihugu igihombo mu gihe cyo gukora iyi mihanda, ko ndetse nta ngurane z’ibyangijwe barahabwa.

Umuturage Mujyanama Theophile, avuga ko bidakwiye kubona aba bashinwa baza bakubaka mu muhanda nyamara ibyo bakora biri ku ngengo y’imari ya Leta, abaturage bazi neza ko uyu muhanda uzubakwa none bakaba buwubatsemo, bakibaza niba mu gihe uzaba wubakwa nta mutungo wa Leta uzatangwa mu gukuraho ibintu byubatswe abayobozi barebera ndetse bigashyirwa ahadakwiye.

Yagize ati” Urebye uko ibi bikorwa bitwegerezwa ubona bidakwiye kuko tuziko uyu muhanda uzakorwa neza bityo nibajya kuwukora bikazasaba kongera kwimura bya bikorwa nabyo bizongera bigasaba indi ngengo y’Imari. Ikindi ntabwo ubuyobozi buba bwabanje kutuganiriza ngo buduhe amakuru afatika, tubona ibikorwa biza gusa nta gikurikirana, kuko reba amatiyo aca mu muhanda hagai,i ubwo se ntibizasaba kuyimura bagiye kuwukora”?.

Mukamana Daphrose umwe mu baturiye umuhanda wubatsweho izi rogari avuga ko guhera mu kwezi kwa 11 kwa 2020 aribwo batangiye gucukura amasambu yabo bityo bakaba batarabona ingurane z’ibyangijwe.

Yagize ati”Guhera mu kwezi kwa 11/2020 nibwo aba bashinwa batangiye gucukura iyi miyoboro y’amazi, batwangirije ibikorwa ahanyujijwe ibitembo ndetse ntiturabona amafaranga yacu kandi baradusinyishije bajyana impapuro amaso yaheze mu kirere”.

Mukankiko Peteronilla avuga ko abagenagaciro bagena agaciro maze abashinwa bajya gukora bakimura imbago bumvulikanyeho na banyiri imitungo kandi ntibikwiye.

Umuyobozi w’ishami ry’ibikorwaremezo, ubutaka n’imiturire mu karere ka Muhanga, Nzabonimpa Onesphore avuga ko ibi bikorwa bizwi bityo abaturage badakwiye kugira ubwoba kuko akarere karimo kubyubaka hakurikijwe igishushanyo mbonera cy’uyu mujyi.

Yagize ati”Ibi bikorwa dukora birazwi kandi bigendanye nicyo igishushanyo giteganya ku miturire y’uyu mu mujyi bityo ntibakwiye kugira ubwoba kuko birakorwa bikurikije amategeko kandi bikagaragara ku gishushanyo (Master Plan)”.

Sematabaro Joseph, umuyobozi w’ikigo gishinzwe isuku n’isukura ishami rya Muhanga n’igice cya Kamonyi na Ngororero avuga ko umushinga ukorwa na kompanyi y’Abashinwa bageze kuri 98% kuko hasigaye ibirometero 4.2, ko kandi bagiye gukurikirana bakareba aho bitanoze bikanozwa kuko uyu muhanda wakubakwa izi rogari zikabamo nazo. Ikindi nuko ngo imitungo bavuga batari bishyurwa biri mu nzira zo gukorwa bagashumbushwa naho ahari ibikorwa byasenywe bikazongera kubakwa.

Umushinga wo kongera amazi mu mujyi wa Muhanga urimo gukorwa na WASAC ku nkunga ya Banki Nyafurika ishinzwe iterambere, ugashyirwa mu bikorwa na Kompanyi y’abashinwa ya China civil engeniering construction corporation Ccecc(rwanda )ltd aho hubatswe ibigenga 7 mu nkengero z’umujyi wa Muhanga.

Kugeza ubu mu mujyi wa Muhanga hari uruganda rwa Gihuma rutanga metero cube ibihumbi 4000 ariko muri uyu mushinga hakaha hari urundi ruganda ruzubakwa ku mugenzi wa Kagaga uri hagati ya Kabacuzi na Cyeza, ukatazanga metero cube ibihumbi 9000 mu mirenge ya Cyeza, Muhanga, Mushishiro, Kabacuzi muri Muhanga ndetse n’imwe mu mirenge nka Mbuye muri Ruhango na Musambira na Nyarubaka muri Kamonyi.

AKIMANA Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga