Atlanta: Abagore b’Abanyaziya bari mu bantu umunani biciwe ahakorerwa Massage

Abantu umunani, barimo abagore bakomoka muri Aziya batari munsi ya batandatu, biciwe mu kurasana kwabereye mu nzu eshatu zikorerwamo ibyo kunanura umubiri (massage) muri leta ya Georgia muri Amerika.

Polisi yavuze ko bane biciwe ahakorerwa ‘massage’ mu gace ka Acworth kari mu nkengero y’umujyi wa Atlanta, naho abandi bane bicirwa ahantu habiri hakorerwa ‘massage’ ho mu mujyi wa Atlanta nyirizina. Nyuma yaho, Koreya y’epfo yemeje ko bane mu bapfuye bakomoka muri icyo gihugu.

Abategetsi bavuze ko nyuma yo gushakisha bataye muri yombi Robert Aaron Long w’imyaka 21, wo muri iyi leta ya Georgia, ucyekwaho kuba muri ibyo bitero byose uko ari bitatu. Bavuze ko bamusanze mu ntera igera hafi kuri 240km mu majyepfo ya Atlanta.

Nta mpamvu yateye uko kurasana ko kuri uyu wa kabiri yari yamenyekana. Ariko, ibyaha by’urwango rwibasira Abanyamerika bakomoka muri Aziya byariyongereye mu mezi macye ashize, bitijwe umurindi n’amagambo avuga ko abakomoka muri Aziya ari bo ntandaro y’ikwirakwira rya Covid-19.

Mu ijambo yagejeje ku baturage mu cyumweru gishize, Perezida Joe Biden yamaganye “ibyaha bibi by’urwango byibasira Abanyamerika bakomoka muri Aziya bagabweho ibitero, batotejwe, bakitirirwa kandi bakagirwa ba nyirabayazana”.

Ukurasana kwa mbere nkuko BBC ibitangaza, kwabaye hafi saa kumi n’imwe z’umugoroba zaho (ni ukuvuga 21:00 GMT) ahitwa Young’s Asian Massage Parlor mu gace ka Acworth mu karere ka Cherokee.

Capt Jay Baker, umuvugizi w’ibiro bishinzwe umutekano waho, yavuze ko abantu babiri bahise bapfira aho, naho abandi batatu bajyanwa ku bitaro, aha ni ho abandi babiri bapfiriye.

Nyuma yaho yemeje ko abapfuye ari abagore babiri bakomoka muri Aziya, umuzungu w’umugore n’umuzungu w’umugabo, kandi ko umugabo ukomoka muri kimwe mu bihugu bivuga Icyespanyole yakomeretse.

Nta saha irashira ibyo bibaye, polisi yatabajwe ngo igere aho “ubujura burimo gukorerwa” hitwa Gold Spa, naho hakorerwa ‘massage’, mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Atlanta.

Mu itangazo polisi yasohoye yagize iti: “Abapolisi bahageze basanze abagore batatu bapfiriye imbere mu nzu mu bigaragara ko ari ibikomere byatewe n’amasasu”.

Bakiri aho, abapolisi bahamagajwe ngo bagere mu nyubako ikorerwamo ‘massage’ iri hakurya y’umuhanda yitwa Aromatherapy Spa, bahasanga undi mugore wishwe arashwe.

Amagambo ya polisi yasubiwemo n’ikinyamakuru Atlanta Journal-Constitution ivuga ko abo bane bose bapfiriye i Atlanta ari abagore bafite inkomoko muri Aziya.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →