Tundu Lissu utajyaga imbizi na Perezida Magufuri yavuze ko Nyakwigendera yashyize Igihugu mukaga

Umunyapolitiki Tundu Lissu utacanaga uwaka n’ubutegetsi bwa Nyakwigendera Perezida John Pombe Magufuri watabarutse mu ijoro ry’uyu wa 17 Werurwe 2021, yavuze ko urupfu rwa Prezida John Pombe Magufuli rutanze uburyo bwo “gutora inzira nshyashya no kuva ku nkombe y’akaga”. Avuga ko habeshywe igihe Perezida Magufuri yapfiriye.

Tundu Lissu niwe wari akomeye cyane mu bahiganywe na Nyakwigendera Perezida John Pombe Magufuli mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye mu kwezi kwa cumi 2020.

Mu kiganiro na Newsday cyo kuri BBC dukesha iyi nkuru kuri uyu wa kane, Lissu yavuze ko “Poritike, imigambi no guhakana Covid bya Magufuli” byajyanye “igihugu mu kaga”.

Mbere y’aho Tundu Lissu yari yabwiye television yo muri Kenya KTN, ko urupfu rwa Magufuli rutamutangaje na gato.

Lissu, asanzwe aba mu buhungiro mu Bubiligi, yavuze ko yari azi kuva mbere ko Magufuli arwaye cyane kuva yanditse kuri Twitter tariki 7 z’uku kwezi kwa gatatu 2021 abaza aho umukuru w’Igihugu ari?.

Yavuze ko yari yamenye abikuye ku masoko(Sources) yo kwizera cyane muri Leta ko Perezida yari arwaye Covid-19. Yabwiye KTN ati “Njyewe ikintangaza cyonyine n’uko bakomezaga kubeshya, n’ubu Leta ye ikomeza kubeshya. Magufuli yishwe na corona, icyo ni kimwe. Icya kabiri, Magufuli ntiyapfuye kuri uyu (wagatatu) mugoroba…mfite amakuru y’ayo masoko(Sources) nyine ko Magufuli yari yapfuye mbere y’aho,”.

Visi Perezida w’Igihugu wa Tanzania Samia Suluhu Hassan , mu itangazo yasomye kuri television, yavuze ko Perezida Magufuli hari hashize amasaha make apfuye kubera ikibazo cy’umutima mu bitaro i Dar es salaam.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →