• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Tundu Lissu utajyaga imbizi na Perezida Magufuri yavuze ko Nyakwigendera yashyize Igihugu mukaga

Umwanditsi
March 18, 2021

Umunyapolitiki Tundu Lissu utacanaga uwaka n’ubutegetsi bwa Nyakwigendera Perezida John Pombe Magufuri watabarutse mu ijoro ry’uyu wa 17 Werurwe 2021, yavuze ko urupfu rwa Prezida John Pombe Magufuli rutanze uburyo bwo “gutora inzira nshyashya no kuva ku nkombe y’akaga”. Avuga ko habeshywe igihe Perezida Magufuri yapfiriye.

Tundu Lissu niwe wari akomeye cyane mu bahiganywe na Nyakwigendera Perezida John Pombe Magufuli mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye mu kwezi kwa cumi 2020.

Mu kiganiro na Newsday cyo kuri BBC dukesha iyi nkuru kuri uyu wa kane, Lissu yavuze ko “Poritike, imigambi no guhakana Covid bya Magufuli” byajyanye “igihugu mu kaga”.

Mbere y’aho Tundu Lissu yari yabwiye television yo muri Kenya KTN, ko urupfu rwa Magufuli rutamutangaje na gato.

Lissu, asanzwe aba mu buhungiro mu Bubiligi, yavuze ko yari azi kuva mbere ko Magufuli arwaye cyane kuva yanditse kuri Twitter tariki 7 z’uku kwezi kwa gatatu 2021 abaza aho umukuru w’Igihugu ari?.

Yavuze ko yari yamenye abikuye ku masoko(Sources) yo kwizera cyane muri Leta ko Perezida yari arwaye Covid-19. Yabwiye KTN ati “Njyewe ikintangaza cyonyine n’uko bakomezaga kubeshya, n’ubu Leta ye ikomeza kubeshya. Magufuli yishwe na corona, icyo ni kimwe. Icya kabiri, Magufuli ntiyapfuye kuri uyu (wagatatu) mugoroba…mfite amakuru y’ayo masoko(Sources) nyine ko Magufuli yari yapfuye mbere y’aho,”.

Visi Perezida w’Igihugu wa Tanzania Samia Suluhu Hassan , mu itangazo yasomye kuri television, yavuze ko Perezida Magufuli hari hashize amasaha make apfuye kubera ikibazo cy’umutima mu bitaro i Dar es salaam.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga