• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Abantu 7 bamaze gupfa nyuma yo guhabwa urukingo rwa AstraZeneca mu Bwongereza

Umwanditsi
April 4, 2021

Mu gihugu cy’u Bwongereza, abantu barindwi nibo bamaze gupfa kubera ivura ry’amaraso ryabaye nyuma yo guterwa urukingo rwa AstraZeneca, nkuko bitangazwa n’ikigo gishinzwe imiti muri iki gihugu. Hafashwe icyemezo cy’uko abakiri bato bataruhabwa, ahubwo rugahabwa abasaza n’Abakecuru. Hari n’ibindi bihugu iki kibazo cyagaragayemo nk’Ubudage.

Ibi bibaye nyuma y’aho habonekeye abantu bakeya bagize ikibazo cy’amaraso avura bamaze guterwa uwo rukingo. Kugera kuwa 24 z’ukwa gatatu 2021, mu bantu bangana na miriyoni 18 bari bamaze guhabwa uru rukingo, 30 muri bo nibo bagize iki kibazo cy’ivura ry’amaraso.

Hagati aho, ishami rya ONU rishinzwe kwita ku buzima ku isi OMS/WHO hamwe n’ishyirahamwe ry’u Bulayi rishinzwe imiti, yombi avuga ko inyungu z’uru rukingo zisumba kure ingaruka rushobora kugira.

Umuvugizi wa AstraZeneca avuga ati: ” Ubuzima bw’Umurwayi nico kintu dukomeza gushyira imbere“. Abahanga hamwe n’abashinzwe gusuzuma iby’imiti ku isi barimo bariga nimba uru rukingo ari rwo koko rutera iri vura ry’amaraso, urugero bishobora kuba, n’inkurikizi ku mugambi wo gukingira.

Aya makenga niyo yatumye ibihugu bimwe na bimwe birimo; Ubudage, Ubufaransa, Ubuholandi hamwe na Canada, bifata icyemezo cy’uko uru rukingo ruhabwa abasaza n’Abakecuru gusa.

Imibare yashyizwe ahagaragara n’ikigo gishinzwe kwiga ku by’imiti mu Bwongereza MHRA yerekana ko abantu 22 aribo bagize ibibazo by’ivura ry’amaraso mu bwonko, bizwi nka thrombose du sinus veineux cérébral (cyangwa cerebral venous sinus thrombosis,CVST).

Hari abandi bantu umunani nabo basanze bafite ibimenyetso bishobora gutuma amaraso yabo avura. Mu butumwa murabyo (e-mail) ikigo MHRA cyoherereje BBC dukesha iyi nkuru, cyamenyesheje ko “abantu barindwi bapfuye“.

Izi ngorane kandi zimaze kugaragara no mu Budage, aho abantu 31 ari bo bagize ikibazo cyo kuvura kw’amaraso, icyenda bakaba barapfuye, ku bantu miriyoni 2.7 bahawe urukingo rwa AstraZeneca, abenshi muri bo bakaba ari abagore bakiri bato. Iki nicyo cyatumye kuwa kabiri w’iki cyumweru Leta ifata icyemezo cyo kwanga ko ruterwa abakiri bato.

None se uru rukingo rwaba arirwo rutera ibi bibazo?

Kugeza magingo aya, ntabwo birasobanuka. Mu ntangiriro z’iki cyumweru, ikigo gishinzwe imiti ku mugabane w’u Burayi (EMA) cyavuze ko nta kibyemeza ariko ko bishoboka. Iki kigo kirimo kiriga nimba iri vura ry’amaraso ari inkurikizi y’uru rukingo cyangwa se nimba ari ikintu kindi cyari gisanzwe bikaba uguhurirana.

Hagati aho, umuhanga mu bijyanye n’ubuzima bw’abantu, Prof. Linda Bauld wo muri kaminuza ya Edinburgh, yabwiye BBC ko iki kibazo ari “ikintu kitahise kigaragara”, agashimangira ko kugeza ubu nta “cyemeza nimba koko ari ingaruka z’uru rukingo”.

Agira abantu inama yo gukomeza kwitabira gahunda yo kwikingiza, akongeraho ati: “Covid yonyine ubwayo ishobora gutuma amaraso avura, kandi bishoboka ko ibi ari bimwe mu birimo gutuma tubona ibi bintu”. Muri kino gihe, isi yose ikomeza isuzuma neza aya makuru, ariko ibisobanuro nyabyo bishobora gufata igihe kitari gito.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga