• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Uganda irimo gusabwa indishyi z’ibyo yangije mu ntambara yateje Ituri muri DR Congo

Umwanditsi
April 21, 2021

Republika ya Demokarasi ya Kongo kuri uyu wa kabiri Tariki 20 Mata 2021, yashinje Uganda ubwicanyi bwabaye mu myaka Makumyabiri ishize, mu rubanza yarezwemo mu rukiko rw’umuryango mpuzamahanga-ONU, mu gusaba indishyi z’akababaro zibarirwa muri Miliyali z’amadolari.

Urukiko mpuzamahanga rwaciye urubanza mu 2005 ko Uganda iriha Kongo indishyi y’akababaro mu kuvogera icyo gihugu mu ntambara yabaye hagati y’1998-2003, yahitanye miriyoni eshatu z’abanyagihugu.

Urwo rubanza rwongeye gusubira muri uru rukiko rw’i Lahaye, kugira ngo rufate ingingo ya mbere ku mubare w’amafaranga y’indishyi, nyuma y’aho ibyo bihugu binaniranye kumvikana mu biganiro.

Uburanira Republika ya Demokarasi ya Kongo, Paul-Crispin Kakhozi Bin-Bulongo, yavuze ko iyo ntambara y’imyaka itanu Uganda yateye, yakurikiwe n’ihonyangwa rikomeye ry’uburengenzira bwa muntu.

Abategetsi ba RDCongo nkuko VOA ibitangaza, bavuze ko bakeneye ko Uganda itanga Indishyi ziri hagati ya Miliyari 6 n’ 10 z’amadolari ya Amerika.

Ibihugu icyenda bya Afrika ni byo byagize uruhare muri iyo ntambara, aho Uganda n’U Rwanda byashyigikiye imitwe y’abarwanyi barwanyaga Kongo igihe barimo barwanira kwigarurira intara ya Ituri yuzuyemo amabuye y’agaciro. Ibi bihugu ubwabyo byanarwaniyeyo.

Biteganijwe ko ababuranira Uganda bashyikiriza ukwiregura kwabo muri uru rukiko kuri uyu wa Kane tariki 22 Mata 2021.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga