• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi-Kayenzi: Umukozi wa Koperative COEMIKA yapfiriye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro

Umwanditsi
April 27, 2021

Ku mugoroba w’uyu wa 27 Mata 2021, ku i saa kumi n’imwe n’iminota 32, mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka CUBI, Umurenge wa Kayenzi, umwe mu bakozi ba Koperative COEMIKA y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yagwiriwe n’ikirombe ahita apfa.

Amakuru mpamo agera ku intyoza.com, ahamya ko umukozi witwa Gumyumutima Jean Bosco w’imyaka 49 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro agahita yitaba Imana.

Uyu Nyakwigendera, nkuko amakuru abivuga, yagwiriwe n’ikirombe cy’uwitwa Nshimiyimana Phocas ubarizwa muri Koperative COEMIKA. Ubuyobozi bw’iyi Koperative twagerageje kubuvugisha ngo bugire icyo buvuga kuri ibi byago ariko ntabwo bitabye terefone.

Mandera Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi, yemereye intyoza.com ko aya makuru ari ukuri, ko bayamenye bayabwiwe n’ubuyobozi bw’Akagari ka Cubi kaguyemo nyakwigendera.

Aha kuri uyu musozi wa Cubi hakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ni hamwe muho ikinyamakuru intyoza.com giherutse kujya gusura mu rwego rwo kureba iyubahirizwa ry’amategeko n’amabwiriza agenga ubucukuzi tugasanga hari byinshi bitagenda, twanashaka amakuru ku buyobozi bwa Koperative COEMIKA bukayimana, nyuma y’iminsi ibiri bakaduha ubutumwa bugufi ko n’ubundi umunyamakuru yagiyeyo atateguje.

Soma hano inkuru bijyana:Kamonyi: Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri COEMIKA burangiza ibidukikije budasize ababukora

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga