Kirehe: Polisi yarashe imfungwa eshanu zirapfa

Kuri uyu wa 28 Mata 2021, Abapolisi b’u Rwanda bari bacunze umutekano, barashe imfungwa eshanu zari zifungiye mu Murenge wa Nyarubuye mu Karere ka Kirehe, ubwo zageragezaga gutoroka.

Kubijyajye n’uku kuraswa kw’izi mfungwa, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabwiye Taarifa dukesha iyi nkuru ko byatangiye ubwo abapolisi bahaga abafungwa amazi yo koga muri kasho, mu gihe umupolisi yari yinjiyemo bakubita basohoka biruka.

Yakomeje ati “Abari barinze barashe hejuru mu kirere ngo bahagarare ariko bakomeza kwiruka, ari nabwo harashwe batanu.” Uko ari batanu bose bahise bapfa.

CP Kabera, yavuze ko abafungwa badakwiriye kugerageza gutoroka kasho, kuko “bashobora kubigiriramo ibyago birimo no kuhasiga ubuzima.”

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →