• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Nyamiyaga: Umwanda wasimbuye ubuzima mu kigo nderabuzima

Umwanditsi
April 30, 2021

Mu kigo nderabuzima cya Nyamiyaga, giherereye mu Murenge wa Nyamiyaga, Akarere ka Kamonyi, umwanda usa n’uwasimbyuye ubuzima. Ni impungenge zikomeye ku bagana ibitaro, aho bishobora gutuma bamwe mu bagana iki kigo nderabuzima bahakura uburwayi burenze ubwo baje kwivuza.

Ntabwo bigombera kwerekwa amafoto menshi ku mwanda umunyamakuru wa intyoza.com yasanze muri iki kigo nderabuzima kuri uyu wa 29 Mata 2021 ahagana ku i saa saba z’amanywa.

Uretse umwanda, hari bamwe mu bagana iki kigo batashatse gutangaza amazina yabo, bamwe bavugaga ko basiramuwe, abandi bazanywe n’ibindi bibazo by’ubuzima, bavuga ko serivise za hano zikiri nkene.

Bamwe, banavuga kandi ko muri ibi bihe by’icyorezo cya Coronavirus babona uko bakirwa bitabafasha gukumira no kwirinda iki cyorezo. Ko usanga uko bakirwa nta buryo bwubahiriza ingamba zo kwirinda iki cyorezo.

Umwe mu bakozi b’ikigo nderabuzima ubwo umunyamakuru yamubazaga impamvu bafite umwanda, yabaye nk’ujijinganya, abyemera kuko amaze kubona amafoto yafashwe, mu kubona ko ariho avuga ko “ Muba mwaje mutanategije abantu erega”.

Umuyobozi w’ikigo Nderabuzima cya Nyamiyaga, Tuyiringire Emmanuel utari uri mu kigo kubera izindi mpamvu z’akazi, yabwiye umunyamakuru ati“ Ibijyanye n’isuku ni ibintu bikorwa umunsi ku munsi”. Akomeza avuga ko we yari mu nama kandi ko n’ushinzwe isuku yari mu mahugurwa i Gihara mu Murenge wa Runda. Avuga ko mu busanzwe bageragezaga, ko wenda haba habayeho kwirara.

Ku marembo aho abinjiye bakarabira naho si shyashya. Biranagoye kumenya uwinjiye akarabye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga