• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
16/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
16/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
16/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Icyamamare mu kumurika imideri, Naomi Campbell ku myaka 50 yibarutse imfura ye

Umwanditsi
May 19, 2021

Uyu mugore w’imyaka 50 yatangaje aya makuru anyuze kuri Instagram aho yashyize ifoto y’ikiganza cye gifashe uturenge tw’uruhinja rw’umukobwa yibarutse.

Naomi Campbell, yanditseho ati: “Umwana muto w’umugisha yampisemo ngo mbe nyina, nishimiye kugira iyi roho nzima mu buzima bwanjye“.

Nyina wa Campbell, Valerie Morris Campbell, yanditse kuri Instagram ati: “Ibyishimo birandenze kuko nategereje igihe kinini ngo mbe nyogokuru“.

Marc Jacobs umuhanga mu gutegura imyambaro ari mu bashimiye uyu mugore wavukiye i London, hambere wari warakomoje ku kuba ashaka kuba umubyeyi.

Nta makuru arenze aya yatangajwe kuri uyu mwana, ariko mu kiganiro na Evening Standard mu 2017 Naomi Campbell yavuze ko yifuza kuba umubyeyi.

Iki kinyamakuru cyamusubiyemo avuga ngo “Buri gihe ntekereza kugira abana. Ariko ubu aho siyansi igeze nshobora kubikora igihe mbishakiye”.

Campbell w’impano mu gutambuka impano ye yabonetse akiri umunyeshuri muto, yaje kuba umwirabura wa mbere w’Umwongereza umurika imideri wagiye ku gifuniko cya British Vogue.

Mu bihe bishize nkuko BBC ibitangaza, Naomi Campbell yabonetse mu Rwanda mu bikorwa by’ubukerarugendo aho yaje mu batumirwa bakomeye bita amazina abana b’ingagi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5798 Posts

Politiki

4049 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga