• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Muhanga: Ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abishwe muri Jenoside bisubitswe habonetse imibiri 981

Umwanditsi
May 27, 2021

Ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside mu bitaro bya Kabgayi ahagiye kubakwa inzu y’ababyeyi, bisubitswe hamaze kuboneka imibiri 981 y’abatutsi bishwe bari bahungiye i Kabgayi.

Ni igikorwa cyatangiye tariki ya 2 Gicurasi 2021 gisozwa tariki ya 25 Gicurasi 2021 mu kibanza kirimo gusizwa mu bitaro bya Kabgayi ahazubakwa inzu y’ababyeyi izatwara miliyari 6 mu mafaranga yu Rwanda.

Perezida w’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe avatutsi mu karere ka Muhanga(Ibuka), Rudasingwa Jean Bosco avuga ko ibi bikorwa byagaragaje ko aha hashakirwaga no mu nkengero zaho hari imibiri myinshi ariko ko ibikorwa bibaye bisubitswe. Gusa, avuga ko hakomeje gushakisha amakuru y’ahandi hashakishirizwa imibiri y’abatutsi harimo n’amashyamba akikije Kabgayi.

Yagize ati” Tumaze ibyumweru bitatu dushakisha ariko icyo twabonye nuko muri iki gice hashobora kuba hari imibiri myinshi ariko tubaye dusubitse, turakomeza gushakisha amakuru y’ahantu haherwa dushakisha indi mibiri y’abacu”.

Yongeyeho ko igikurikiyeho bagiye kwicarana n’ubuyobozi mu rwego rwo kwiga uko iyi mibiri imaze kuboneka yashyingurwa mu rwibutso kandi hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Yagize ati” Tugiye kwicarana n’inzego zirebwa n’iki kibazo tugamije gufata itariki yo kuzashyinguriraho imibiri yabonetse kandi twubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 kuko bitabaye ibyo abafite ababo bose baza kandi turi mu bihe byo kwirinda icyorezo, ni ngombwa ko tubikora tukagira ababahagarariye mu gushyingura”.

Mu bihe bitandukanye hagiye hatangwa amakuru mu buhamya ko mu mashyamba ya Kabgayi hiciwe abatutsi benshi bari bahahungiye baziko bazaharokokera ariko interahamwe zibambura ubuzima bazize uko bavutse.

Rudasingwa Jean Bosco uhagarariye Ibuka mu karere ka Muhanga, avuga ko bagenda babona amakuru ariko ugasanga kuyahuza usanga hari ibiburamo bityo ko hakwiye kugaragara amakuru nyayo agaragaza aho gushakira imibiri.

Yagize ati” Tugenda tubona amakuru ariko wagenzura ugasanga hari ibiburamo ndetse atuzuye, bityo rero bisaba ubwitonzi no kureba neza niba aya makuru afatika ashobora kutwereka neza ahakwiye gushakishirizwa imibiri y’abacu bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi”.

Muri iyi minsi 100 yo kwibuka abatutsi bishwe muri Jenoside, hateganyijwe gushyingurwa imibiri isaga 1050 mu Rwibutso rwa Kabgayi irimo n’isanzwe yabonetse ndetse n’iyi 981 yabonetse mu bitaro bya Kabgayi.

Ibi bikorwa bisubitswe hari byinshi byo kwibazwa kubahisha amakuru y’imibiri y’abatutsi biciwe i Kabgayi muri Jenoside yakorewe abatutsi, bihuzwa n’amakuru yari yatanzwe mbere, aho babanje kuvuga ko aha habonetse iyi mibiri hari imva yashyingurwagamo abapfiraga kwa muganga bakabura ababo baza kubatwara ngo babashyingure, ibitaro bikaba ari byo bihabashyingura.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga