• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Nyanza-ILPD: Minisitiri Busingye yasabye abiga amategeko kutajenjeka mu kazi no kubaha amahame abagenga

Umwanditsi
June 14, 2021

Minisitiri w’Ubutabera mu Rwanda akaba n’intumwa ya Leta, Johnston Busingye, ubwo kuri uyu wa 14 Kamena 2021 yaganiraga n’abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ryigisha rikanateza imbere amategeko( ILPD), yabibukije ko badakwiye kujenjeka, ko imikorere yabo igomba kugendera ku mahame y’umwuga bigishwa, bityo bagateza imbere umugabane wa Afurika mu bijyanye n’amategeko.

Mu kiganiro yahaye aba banyeshuri, yabibukije ko ibyo bazakora byose bigomba gushingira ku mahame ngengamyitwarire igomba kuranga abize n’abakora mu bijyanye n’ubutabera hagamijwe kuzamura icyizere bagirirwa n’abaturage baho bakomoka.

Abanyeshuri muri ILPD baganira na Minister Busingye.

Yagize ati” Icyingenzi ni uko tudahuzwa n’imico y’aho dukomoka, ariko mugomba kumenya ko hari ibyo duhuriraho bityo ibyo muzakora bikagomba gushingira ku kuzamura icyizere mu baturage mubafasha mu bibazo bafite birebana n’amategeko atugenga twebwe nk’abanyamategeko”.

Minisitiri Busingye, yongeyeho ko nubwo “dukomoka mu bihugu bitandukanye ndetse n’imico itandukanye” ntabwo mu kwiye kwirara kuko ibyo mukora bigomba gushingira ku bumenyi mufite mwahawe, nibwo bukwiye kubageza ku bunyamwuga mwatojwe kuko aya mahame akwiye kutugenga.

Ati” Nibyo koko tuva mu bihugu bitandukanye ndetse tunafite imico itandukanye, ariko aya mahame yacu tugomba kuyakurikiza, nti tugomba kwirara kuko ibyo dukora bigomba gushingira ku bumenyi twahawe. Dufite amahame twese agomba kutugenga nk’abakora mu butabera, bityo bigatuma abatugana baza batishisha kuko bazaba badufitiye icyizere nyacyo kuko ibyo dusabwa gukora twabikoze kinyamwuga”.

Yakomeje ababwira ko ibyo bazakorera abaturage b’ibihugu bakomokamo bishobora gutuma umugabane w’Afurika uba intangarugero bivuye mu kubaha amahame agenga umwuga ndetse bakubahiriza amategeko y’ibihugu bakomokamo bityo ibyiza ntibihore byitezwe ku bandi kandi nabo babishobora.

Minisitiri Busingye ati” Ntabwo dukwiye guhora dutegereje abandi kandi tunabatezeho ibyiza ngo nuko aribo twizeye. Ibyo muzakorera ibihugu byanyu mukomokamo nibyo bizafasha uyu mugabane wacu kwibonera ubutabera nyabwo tugendeye ku mahame atwinjiza neza mu mwuga wacu”.

Minisitiri Busingye, yasabye aba banyamategeko kubaka icyizere mu baturage ariko kandi bubahiriza amahame y’umwuga.

Muri iri shuri rikuru ryigisha rikanateza imbere amategeko (ILPD), ubu higamo abanyeshuri basaga 131 bakomoka ku mugabane w’Afurika, aho bari kwiga amezi 6 bakaba bazasoza amasomo yabo mu kwezi gutaha kwa Nyakanga babone kujya mu kazi aho bakomoka.

Aba banyeshuri bitegura gusoza amasomo yabo, bakomoka mu bihugu birindwi (7) birimo; Kenya, Rwanda, Ghana, Gambie, Sierra Leone, South Sudan na Cameroun ifitemo abanyeshuli benshi.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga