• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi: Abakozi 3 b’akarere na Rwiyemezamirimo batawe muri yombi na RIB

Umwanditsi
July 3, 2021

Amakuru mpamo agera ku intyoza.com ni uko kuri uyu wa 02 Nyakanga 2021 abakozi batatu b’Akarere ka Kamonyi bakorera mu Murenge wa Nyamiyaga, barimo; Kontabure/umucungamutungo w’Umurenge, Gitifu w’Akagari n’Umuyobozi w’Ikigo cy’ishuri batawe muri yombi na RIB. Aba biyongeraho Rwiyemezamirimo nawe watawe muri yombi.

Abatawe muri yombi, ni; Niyonzima Jean Rene ariwe Mucungamutungo/Comptable w’Umurenge wa Nyamiyaga, Mugenzi JMV wahoze ayobora GS Mukinga, ubu akaba ayobora EP Munyinya, Bizimana Innocent uyu ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mukinga, hamwe na Mushoza Cyrille Rwiyemezamirimo mu iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri.

Itabwa muri yombi ry’aba bose uko ari bane ryabaye ku masaha atandukanye ndetse no mu buryo n’amayeri bitandukanye. Urugero ni nk’aho umwe muri aba ariwe Mucungamutungo w’Umurenge, amakuru agera ku intyoza.com avuga ko ngo yasabye Rifuti imodoka, asiga Moto ye ku murenge yanga kwicwa n’ivumbi riri mu mayaga, biza kurangira ya Rifuti yasabye imwinjije muri RIB.

Amakuru kandi agera ku intyoza.com ku ifatwa ry’aba bose ni ay’uko ibyo bose bakurikiranyweho bifitanye isano n’ibibazo byakomeje kuvugwa mu iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri mu Murenge wa Nyamiyaga, aho Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB mu karere ka Kamonyi rumaze igihe rubikurikirana ndetse bo kimwe n’abandi batari bake bakaba baragiye barwitaba mu rwego rwo gutanga amakuru.

Andi makuru agera ku intyoza.com ni uko nyuma y’itabwa muri yombi ry’aba bantu bane hari n’abandi RIB igishakisha. Gusa Umuvugizi w’uru rwego rw’Ubugenzacyaha-RIB, Dr. Murangira B. Thierry yabwiye umunyamakuru ko agikusanya amakuru. Amakuru yandi aboneka nayo turayatangaza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga