Perezida wa Haiti yiciwe iwe mu rugo

Perezida wa Haïti Jovenel Moïse yiciwe mu gitero cyagabwe ku rugo rwe, nkuko byavuzwe na Claude Joseph, Minisitiri w’intebe w’inzibacyuho (cyangwa w’imfatakibanza mu Kirundi).

Bwana Joseph yavuze ko urugo rwa Perezida rwo mu murwa mukuru Port-au-Prince rwirawemo n’abagabo bitwaje intwaro bataramenyekana. Yavuze ko ibyo byabaye saa saba z’ijoro zaho, ni ukuvuga saa moya (7h) za mu gitondo ku isaha yo mu Rwanda no mu Burundi. Yanavuze ko Martine Moïse, umugore wa Perezida, na we yakomerekeye mu gitero.

Bwana Joseph yavuze ko “ingamba zose zafashwe kugira ngo ubutegetsi bwa leta bukomeze”. Ubu ni we wabaye afashe ubutegetsi muri iki gihugu gicyennye cyo mu birwa bya Caraïbes, ndetse yashishikarije abaturage gukomeza kurangwa n’ituze. Yavuze ko iryo raswa rya Perezida ari “igikorwa cya kinyamaswa“.

Jovenel Moïse, wari ufite imyaka 53, yari ari ku butegetsi kuva mu 2017, nyuma yuko uwo yasimbuye Michel Martelly yari yeguye.

Ubutegetsi bwa Perezida Moïse nkuko BBC ibitangza, bwaranzwe n’ibibazo kubera ibirego bya ruswa, ndetse akenshi bwagiye buhangana n’imyigaragambyo irimo urugomo y’abamagana leta.

Mu ntangiriro y’uyu mwaka, habayeho imyigaragambyo mu murwa mukuru no mu yindi mijyi, abaturage basaba ko yegura.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Haiti bavuze ko manda y’imyaka itanu ya Bwana Moïse yagakwiye kuba yararangiye ku itariki ya 7 y’ukwezi kwa kabiri mu 2021, hashize imyaka itanu uhereye ku munsi Bwana Martelly yeguriyeho.

Ariko, Perezida Moïse yashimangiye ko yari agishigaje umwaka umwe ku butegetsi, avuga ko ubutegetsi yabugezeho nyirizina ku itariki ya 7 y’ukwezi kwa kabiri mu 2017.

Uko gucyerererwaho umwaka umwe kwatewe n’ibirego by’uburiganya mu matora, byaje gutuma ibyavuye mu matora ya 2015 biteshwa agaciro hagakorwa amatora bundi bushya, yatsinzwe na Bwana Moïse.

Ku itariki ya 7 y’ukwezi kwa kabiri, umunsi abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko manda ye yagakwiye kuba yararangiye, yavuze ko “umugambi wo guhirika ubutegetsi bwe no kumwica” waburijwemo.

Umutekano mucye wabaye akarande, ubutegetsi bw’igitugu bwagiye busimburana, ndetse n’amakuba atewe n’ibiza, byatumye Haïti isigara ari kimwe mu bihugu bicyennye cyane ku mugabane w’Amerika.

Cyiyongereyemo urugomo rukorwa n’amatsinda y’abagizi ba nabi, n’ibikorwa byo gushimuta, ndetse no kuzahara kw’imibereho, muri iki gihugu aho hafi 60% y’abaturage miliyoni 11 basanzwe babayeho munsi y’umurongo w’ubucyene.

Umutingito w’isi wo mu mwaka wa 2010 wishe abantu barenga 200,000 ndetse wangiza byinshi mu bikorwa-remezo no mu bukungu. Ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) bubungabunga amahoro bwashyizweho mu 2004 ngo bufashe gushyira ituze muri icyo gihugu, buhava mu 2017.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →